Byabaye
kuri kuri iki Cyumweru tariki ya 15 Werurwe 2026 mu rusengero Healing Center Church ruherereye
i Remera mu Mujyi wa Kigali, aho bakiriwe na Rev. Muhigwa Emmanuel. Iki gikorwa cyabaye mu gihe aba bombi bamaze igihe
kinini babana nk’umugabo n’umugore, aho bamaze imyaka umunani basangiye
urugendo rw’urukundo.
Tariki
ya 21 Gashyantare 2026 ni bwo Clapton Kibonge yambitse impeta y’urukundo
Ntambara Jacky, amusaba ko yakomeza kumubera umugore byemewe n’amategeko
n’idini, undi na we abyemera atazuyaje.
Amakuru
agera kuri InyaRwanda, avuga ko imyiteguro y’ubukwe bwabo igeze kure, aho
biteganyijwe ko buzabera mu Karere ka Nyagatare tariki ya 4 Mata 2026.
Clapton
Kibonge asanzwe ari umwe mu banyarwenya bazwi cyane mu Rwanda, aho amaze igihe
agaragara mu bitaramo bitandukanye ndetse no mu bikorwa by’imyidagaduro
byakunzwe na benshi.
Ni
we wakoze filime nka ‘Umuturanyi’, ‘Mugisha na Rusine’ ndetse izina rye
ryakomeye nyuma yo kugaragara muri filime ‘Seburikoko’.
Kwerekanwa
mu rusengero ni imwe mu ntambwe z’ingenzi ku bashaka kurushinga, kuko bituma
itorero n’abakirisitu bamenya abagiye kubana, bakanabasengera no kubagira inama
mbere yo gukora ubukwe.
Mu
madini menshi, kwerekana abagiye kurushinga mu rusengero ni imwe mu ntambwe
zibategura ubuzima bw’urugo. Abayobozi b’amadini bavuga ko iki gihe gifasha
abakundana guhabwa inyigisho n’inama zibafasha kumenya inshingano z’urugo
bagiye kubaka.
Abashakashatsi mu by’imibanire y’abantu bagaragaza ko igihe cyo gutegura ubukwe ari ingenzi cyane kuko gifasha abakundana kuganira ku bintu by’ingenzi byubaka urugo birimo imicungire y’umutungo, indangagaciro z’umuryango n’uburyo bwo gukemura ibibazo bishobora kuvuka.

Clapton Kibonge na Ntambara Jacky berekanywe mu rusengero mu rwego rwo gutegura ubukwe bwabo buteganyijwe muri Mata 2026

Rev. Muhigwa Emmanuel wa Healing Center Church [Wambaye ikote ry'ubururu] yahaye umugisha urugendo rw'ubukwe bwa Clapton na Jacky





AMAFOTO:
Kanyarwanda Arts
