Iki
gikorwa cyitabiriwe n’ibyamamare byo mu ngeri zitandukanye, abakunzi ba sinema
ndetse n’inshuti z’uyu muhanzi wagaragaje intambwe ikomeye amaze gutera mu
ruganda rwa sinema nyarwanda.
Ubwo
igikorwa cyo kureba filime cyari kirangiye, Clapton Kibonge yafashe ijambo
ashimira abamubaye hafi mu rugendo rwo gutunganya iyi filime by’umwihariko
umugore we wamubereye inkingi ya mwamba kuva yatangira urugendo rwa sinema mu
2015.
Ntambara
Jacky, umugore wa Clapton Kibonge, utamenyerewe mu kuvuga mu ruhame, yakoze
agashya afata ijambo atangaza amagambo akomeye yuzuyemo urukundo n’ishimwe ku
mugabo we.
Ati:
“Ndifuza gushimira Papa Nella (Clapton Kibonge), nababwiye ko namenyanye nawe
mu 2015, niba hari ikintu gishimisha ni ukubona umuntu ukunda ahera ku bisa
n’ubusa nta nzira y’ubusamo anyuzemo, yarangiza ukamubona ari hejuru ku
gasongero.”
Yakomeje agaragaza ko azi neza urugendo rugoye umugabo we yanyuzemo,
ashimira uko yihanganye, akambara akabando k’urugendo atitaye ku nzitizi.
Arakomeza
ati “Amajoro yose yaraye, ibitondo byose yabyutse kare, buri kantu kose yakoze
n’uko yitanze ndamushimiye cyane kuko yahagaze aho agomba guhagarara.”
Mu
magambo yuje ikinyabupfura n’urukundo, Jacky yijeje Clapton Kibonge ko
atazamutererana. Agira ati “Uyu munsi nashakaga kumubwira ko ntewe ishema nawe,
naho ugeze kuva kuri twa tuntu duto uyu munsi ukaba ufite ibingana gutya.
Nzakomeza kumushyigikira, nzakomeza kumubera aho atari, nzakomeza kumukunda."
Ntambara
Jacky yashimiye kandi abantu bose bo mu ruganda rw’imyidagaduro bakomeje
kwitabira ibikorwa bya Kibonge, agaragaza ko urwo rukundo rubereka ko Imana
ibari hafi.
Mu
bandi bafashe ijambo, Ramjaane Joshua, umwe mu bafatanyabikorwa ba kera ba
Clapton Kibonge, yashimye umuhate, umurava n’umwete amushyiramo kuva mu
ntangiriro z’urugendo rwabo kugeza n’uyu munsi.
Iki gikorwa
cyaranzwe n’ubwitabire bwa benshi barimo: Tonzi, Run Up, Director Gad,
Junior Giti n’umugore we, Rusine Patrick n’umugore we, Ramjaane Joshua
waturutse muri Amerika, Bamenya, n’abandi bafite amazina akomeye mu myidagaduro
nyarwanda.
Kuva
ku busa kugeza ku ndoto zigerwaho
Tariki
ya 18 Ukwakira 2018 ni umunsi w’amateka kuri Kibonge na Jacky, dore ko ari bwo
batangiranye urugendo rw’akazi nk’abashakanye. Ubu ni imyaka irindwi bamaze
bubaka urugo rugaragaramo ubufatanye bukomeye.
Filime
“Deceiver”: Ubutumwa bukomeye kuri sosiyete
Filime
Deceiver yakozwe na Clapton Kibonge yibanda ku ngingo ziremereye zirimo
uburiganya bukorerwa abavandimwe cyangwa abo mu miryango, ihohoterwa rishingiye
ku gitsina, n’izindi nkuru z’ubuzima busanzwe zigaragara muri sosiyete
nyarwanda.
Igaragaramo
abakinnyi bazwi nka: Rava Nelly, Mugisha Emmanuel, D’Amour Selemani, AB Godwin,
Sifa Solange, Ngabo Leon Njuga na Jean Ingabire. Ni filime y’ubuzima isiga
ubutumwa bukomeye, kandi yerekana ko sinema nyarwanda.
Uhereye
ibumoso: Junior Giti, Clapton Kibonke n'umugore we Jacky, ndetse na Angel,
Uhereye
ibumoso: Gafotozi King Panda, Benimana Ramadhan [Bamenya] ndetse na
Rusine
Patrick ari kumwe n'umugore we Iryn bashyigikiye Clapton Kibonge
Dj
Pius [Ubanza iburyo] yitabiriye ibirori byo kumuruka fiime ya Clapton Kibonge
Director
Gad wakoze indirimbo nyinshi z'abahanzi mu buryo bw'amashusho
Umuhanzi
Run Up ugezweho muri iki gihe binyuze mu ndirimbo zirimo 'Tsunami'
Mucyo
Jackson Umuyobozi wa Ishusho Arts itegura ibihembo bya Rwanda International
Movie Awards
Umuhanzikazi
Uwitonze Clementine uzwi nka Tonzi uri kwitegura gusohora igitabo 'An Open Jail'
ni umwe mu bashyigikiye Clapton
Kalisa John [K John] ndetse n'umukinnyi wa filime Micky, hamwe na Pazzo bashyigikiye
Clapton
Umukinnyi
wa filime uzwi nka Dr Nsabi ari kumwe na Gafotozi King Panda
Umunyamakuru
wa B&B FM Kigali, Uwihanganye Fuadi ari mu bashyigikiye Clapton
Pacifique
[AG Promoter], umukunzi w'umukinnyi wa filime, Micky ni umwe
Umukinnyi
wa filime akaba n'umunyarwenya, 5K Etienne wakoranye igihe kinini
Jacky yijeje umugabo we Clapton ko azakomeza kumushyigikira
Clapton yashimwe Ramjaane wamwinjije muri Cinema