Clapton
Kibonge ari mu Mujyi wa Paris mu Bufaransa, aho yagiye mu rugendo rwari
rugamije ibikorwa bibiri by’ingenzi birimo kwitabira iserukiramuco rya
Off-Courts Festival no gukorerayo filime.
‘Off-Courts Festival’, izwi kandi nka ‘Off-Courts Trouville’, ni iserukiramuco mpuzamahanga ryibanda kuri filime ngufi, rikorwa buri mwaka mu Bufaransa.
Ryatangiye mu
mwaka wa 2000, ritangirira ku mushinga wari ugamije guteza imbere imikoranire
y’umuco hagati y’u Bufaransa na Québec, ariko nyuma rikura riba rimwe mu
maserukiramuco ahuza abakora sinema baturutse mu bihugu bitandukanye.
Mu
2026, iri serukiramuco ryabaye ku nshuro ya 27, ribera mu Mujyi wa
Trouville-sur-Mer, kuva ku wa 5 kugeza ku wa 11 Nzeri. Ni iserukiramuco ritanga
umwanya ku bakora filime, abakinnyi, abahanzi n’abandi banyamwuga bo muri
sinema kugira ngo bahure, bahanahane ibitekerezo ndetse bakorere hamwe
imishinga mishya.
Ni
muri uru rwego Clapton Kibonge yitabiriye ibikorwa by’iri serukiramuco, anagira
amahirwe yo gukora filime ye ‘Identity’ mu Bufaransa.
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Clapton Kibonge yavuze ko atagiye mu
Bufaransa gusa nk’umushyitsi w’iserukiramuco, ahubwo ko yari afite n’umugambi
wo gukoresha uru rugendo mu kwagura ubumenyi n’ubunararibonye afite muri
sinema.
Ati:
“Ni filime twakoreye ijana ku ijana mu Bufaransa. Zakozwe n’amatsinda
abizobereyemo hano, kandi kugeza ubu ni filime zarangiye twerekanye mu
iserukiramuco rya ‘Off-Courts Festival’.”
Filime
‘Identity’ yakozwe ku bufatanye n’abanyamwuga bo mu Bufaransa, aho Clapton
Kibonge yagiye kungukira ku buryo filime zikorwa n’amatsinda akora sinema mu
rwego mpuzamahanga.
Uretse
Clapton Kibonge, undi Munyarwanda witabiriye iri serukiramuco ni Trésor Senga,
usanzwe ari Umuyobozi wa Mashariki African Film Festival, rimwe mu
maserukiramuco akomeye ya sinema abera mu Rwanda.
Trésor
Senga na we yitabiriye ibikorwa by’iri serukiramuco, aho yabonye umwanya wo
kwerekana filime ye yise ‘I Wanna Go Back Home’, yakozwe mu Mujyi wa Paris mu
Bufaransa.
Bivuze
ko uru rugendo rutabaye urwo kwitabira iserukiramuco gusa, ahubwo rwabaye
umwanya ku Banyanyarwanda bombi wo gukorana n’abanyamwuga bo mu Bufaransa,
gukora imishinga mishya no kuyigeza ku bantu bitabiriye Off-Courts Festival.
Off-Courts
Festival ni iserukiramuco ngarukamwaka ryibanda kuri filime ngufi, rihuza
abakora sinema, abakinnyi, abahanzi, abayobozi ba filime n’abandi bafite aho
bahuriye n’inganda ndangamuco.
Kimwe
mu bintu biritandukanya n’andi maserukiramuco ni gahunda yaryo y’amahugurwa
n’imikoranire yiswe ‘Labos de création’, aho abahanzi batandukanye bashobora
guhuzwa bagakorera hamwe umushinga wa filime, kuva ku gitekerezo kugeza ku
kuyifata no kuyitunganya.
Hari
n’igice cy’iri serukiramuco gihurizwamo filime ngufi zituruka mu bihugu
bitandukanye, ndetse hakabamo n’umwanya uhuza abanyamwuga ba sinema ushobora
gutuma abayitabira babona abafatanyabikorwa bashya n’andi mahirwe mu ruganda
rwa sinema.
Kuba
Clapton Kibonge na Trésor Senga barabonye umwanya wo kwerekana imishinga yabo
muri iri serukiramuco, ni kimwe mu byerekana uburyo abakora sinema nyarwanda
bagenda bashaka amahirwe yo kugeza ibikorwa byabo ku rwego mpuzamahanga.
Clapton
Kibonge avuga ko gukorera filime mu Bufaransa no kuyerekana muri iri
serukiramuco byamuhaye ubunararibonye bushya, cyane cyane ku bijyanye n’uburyo
abanyamwuga bo mu bindi bihugu bakora sinema.
Uyu
munyarwenya akaba n’umukinnyi wa filime avuga ko amahirwe nk’aya amufasha
kwagura imyumvire ku ruganda rwa sinema no kumenya uburyo imishinga ya filime
itegurwa, igakorwa ndetse ikagezwa ku babikunda.
Yerekeje
mu Bufaransa mu ijoro ryo ku wa 5 rishyira ku wa 6 Nzeri 2026, ari kumwe na
Trésor Senga, aho bari bagiye kwitabira Off-Courts Festival.
Kugeza
ubu, filime ‘Identity’ ya Clapton Kibonge na ‘I Wanna Go Back Home’ ya Trésor
Senga zamaze kwerekanwa muri iri serukiramuco.
Clapton
Kibonge yavuze ko nyuma yo kugaruka mu Rwanda ari bwo azamenya neza niba
‘Identity’ izabona andi mahirwe yo kwerekanwa imbere y’abakunzi ba sinema mu
Rwanda.
Uru
rugendo rufite umwihariko kuri Clapton Kibonge kuko rwamuhaye amahirwe yo kuva
ku rwego rwo gukina filime gusa, akagira uruhare mu mushinga wakozwe mu buryo
mpuzamahanga, agakorana n’abanyamwuga bo mu Bufaransa ndetse akanawugeza ku
iserukiramuco mpuzamahanga.
Ni
ubunararibonye ashobora gukomeza gukoresha mu yindi mishinga ye, haba mu Rwanda
no hanze yarwo, mu gihe abakora sinema nyarwanda bakomeje gushaka uko ibikorwa
byabo bigera ku rwego mpuzamahanga.

Clapton Kibonge yafatiye amashusho ya ‘Identity’ mu mihanda ya Paris

Clapton Kibonge yavuze ko imikorere y’iyi filime yamusigiye amasomo mashya

Filime ya Clapton Kibonge yakozwe ku bufatanye n’abanyamwuga bo mu Bufaransa

‘Identity’ ni filime nshya ya Clapton Kibonge yakorewe mu Bufaransa

Clapton Kibonge na Trésor Senga bifotozanya n’itsinda ryagize uruhare mu ikorwa rya filime zabo

‘Identity’ ya Clapton Kibonge yageze imbere y’abitabiriye ‘Off-Courts Festival’

Clapton Kibonge asobanurira abitabiriye ‘Off-Courts Festival’ iby’ikorwa rya ‘Identity’

‘Off-Courts Festival’ yakiriye abakora filime baturutse mu bihugu bitandukanye

Clapton Kibonge akurikirana imirimo yo gutunganya filime ye mu Bufaransa

‘Identity’ ya Clapton Kibonge yakozwe kandi itunganywa mu gihe gito
