Clapton Kibonge agiye kumurika filime ikangurira kwirinda ihohotera rishingiye ku gitsina

Cinema - 21/06/2025 9:07 AM
Share:

Umwanditsi:

Clapton Kibonge agiye kumurika filime ikangurira kwirinda ihohotera rishingiye ku gitsina

Umukinnyi wa filime akaba n’umushoramari Mugisha Emmanuel uzwi cyane nka Clapton Kibonge, agiye kumurika filime nshya yise “The Deceiver” ifite intego yo gukangurira abantu kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina, kwirinda ibiyobyabwenge no kugira uruhare mu kubaka umuryango nyarwanda utekanye.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Clapton yavuze ko iyi filime izamurikwa ku mugaragaro mu cyumweru gitaha, mu gihe ku isoko rusange izasohoka mu Ukuboza 2025. Ni filime yakozwe binyuze muri kompanyi ye Daymakers Edutainment, isanzwe ikora imishinga ifite aho ihurira n’uburezi n’iterambere rusange binyuze muri sinema.

Yagize ati: “The Deceiver ni filime irimo ubutumwa bukomeye ku muryango nyarwanda. Turakangurira abantu kwirinda ihohotera rishingiye ku gitsina no kutaricecekaho, kuko rikomeje gufata indi ntera. Twibanze no ku bindi bibazo birimo ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, uburangare mu nshingano no kudaha agaciro umutekano w’umuryango.”

The Deceiver ikinwamo n’abakinnyi bazwi muri sinema nyarwanda barimo Twahirwa Ravanelly wubatse izina ku mbuga nkoranyambaga, AB Godwin, Damour Selemani, Sifa na Mimi. Na Clapton ubwe agaragara muri iyi filime nk’uko asanzwe anabikora mu y’indi mishinga akora.

Iyi si yo ya mbere Clapton ashyize hanze, kuko asanzwe azwi mu zindi filime zamenyekanye cyane zirimo Umuturanyi, Mugisha na Rusine, n’izindi zakoze ku mitima y’abarebye. Mu myaka ishize, Clapton yagize uruhare rukomeye mu guteza imbere sinema icengera ubuzima bw’abaturage, igamije impinduka aho kwibanda gusa ku myidagaduro.

Iyi filime ije mu gihe ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikomeje kugaragara mu Rwanda n’ahandi ku isi, aho raporo zitandukanye zigaragaza ko hakiri umubare munini w’abantu, cyane cyane abagore n’abana b’abakobwa, bahura n’ihohoterwa ariko ntibabivuge cyangwa ngo bashake ubutabera.

Inzego zishinzwe uburenganzira bwa muntu zigaragaza ko ikibazo cy’ihohotera rishingiye ku gitsina gikwiye gufatirwa ingamba zihamye, binyuze mu bukangurambaga, uburezi n’uruhare rwa buri wese mu gutanga amakuru.

Ni muri urwo rwego The Deceiver igiye kuza itanga umusanzu mu kurwanya iki kibazo, ifasha abantu gusobanukirwa ingaruka zacyo n’uburyo bwo kwirinda cyangwa gufasha abahuye na cyo.

Clapton yumvikanisha ko iyi filime ayitezeho kurebwa n’abantu benshi cyane, cyane cyane urubyiruko, kandi ko bazayigeza hirya no hino.

Sinema ifatwa nk’uburyo bwiza bwo kugeza ubutumwa ku bantu batandukanye. Ubutumwa buca mu gusetsa, gukina cyangwa gutuma abantu bumva ibintu mu buryo butandukanye n’ubusanzwe.

The Deceiver itegerejwe n’abatari bake nk’imwe mu mishinga ya sinema y’u Rwanda ifite intego yo kurenga gususurutsa, ahubwo ikagera no ku buzima bw’imiryango. Ubutumwa buyirimo burerekana ko sinema ifite ubushobozi bwo guhindura imyumvire no gufasha mu kurwanya ibibazo byugarije sosiyete.

Iyi filime irashimangira igitekerezo ko buri wese afite inshingano mu kurwanya ihohotera no guteza imbere uburenganzira bwa muntu.

Clapton Kibonge yatangaje ko agiye gushyira hanze filime ye nshya yise ‘The Deceiver’ 


Clapton yavuze ko iyi filime igamije gukangurira abantu kwirinda ihohotera rishingiye ku gutsina


Abakinnyi bagezweho muri iki gihe muri Cinema bifashishijwe muri iyi filime ‘The Deceiver’

 KANDA HANO UREBE IGICE GISHYA CYA FILIME 'UMUTURANYI' YA CLAPTON KIBONGE

 



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...