Ibi
yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, aho yasabye urubyiruko rw’u
Rwanda, yaba ururi imbere mu gihugu n’ururi mu mahanga, kwihatira kumenya neza
amateka y’igihugu, cyane cyane Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ndetse no
kwakira ukuri kwayo uko kuri, batayobowe n’ibitekerezo bibi bishobora guturuka
ku bandi, harimo n’ababyeyi babo.
Yagize
ati: “Ndibanda ku rubyiruko rw’u Rwanda mu Rwanda n’ururi hanze yarwo kumenya amateka
mabi u Rwanda rwagize ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Kumenya no kwakira
ukuri kwayo uko kumeze, kabone n’iyo ababyeyi bawe baba babyumva ukundi, wowe
ntuzemere gushinyagurira igihugu cyawe— cira birarura.”
Aya
magambo ya Ruti Joel agaragaza uburemere bw’uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo
hazaza hatarangwamo ingengabitekerezo ya Jenoside.
Ni
ubutumwa bukangurira urubyiruko kugira ubushishozi, ntirutwarwe n’ibitekerezo
by’ivangura cyangwa guhakana amateka, ahubwo rukarangwa no guharanira ukuri n’ubumwe
bw’Abanyarwanda.
Mu
bisobanuro bye, “cira birarura” bisobanuye kugira ubutwari bwo kuvuga ukuri no
kwamagana ibibi nta guca ku ruhande, n’iyo byaba biva ku bantu bakuru cyangwa
abo umuntu yubaha.
Ni
ubutumwa bushimangira ko gukunda igihugu no kukirengera bidashingiye ku
marangamutima gusa, ahubwo bisaba n’ubushishozi no gufata icyemezo gikomeye cyo
kwamagana ikibi aho kiva hose.
Ubwo
yabazwaga ku ruhare rwe nk’umuhanzi mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside,
Ruti Joel yongeye gushimangira ko gukoresha ijwi rye ari imwe mu ntwaro afite
mu gukangurira abantu ukuri.
Yagaragaje
ko abahanzi bafite inshingano zo gutanga ubutumwa bwubaka, bukangurira amahoro
n’ubwiyunge, no gufasha urubyiruko gusobanukirwa amateka nyayo y’igihugu cyabo.
Mu
bihe byo Kwibuka, ubutumwa nk’ubwa Ruti Joel burushaho kugira agaciro, kuko
bwibutsa buri wese ko Jenoside itari amateka gusa, ahubwo ari isomo rikomeye
rikwiye kurindwa no gusigasirwa, kugira ngo itazongera kubaho ukundi.
Uruhare
rw’urubyiruko rero, nk’uko abigaragaza, si urwo kwibuka gusa, ahubwo ni urwo
kuba abarinda amateka, abaharanira ukuri, n’abahagarara bashikamye.

Ruti
Joel yasabye urubyiruko kudaceceka ku ngengabitekerezo ya Jenoside, n’iyo yaba
ituruka mu babyeyi babo, ahubwo rukarinda ukuri n’amateka y’u Rwanda
