Uyu
mubyeyi amaze imyaka ibiri muri sinema nyarwanda, akaba amaze gukina filime
zirenga 83 zirimo “Ibanga” ya Nyambo, izindi za Killaman, Kaliza wa Kalisa
n’izindi nyinshi zatumye yisanga atari yaribeshye ku cyerekezo yafashe.
Kuri
ubu ari mu bahatanira ibihembo bya Mashariki African Film Festival ku nshuro ya
11, aho ari mu cyiciro cya “People’s Choice” kizahesha uzegukana intsinzi
imodoka nshya.
Mama
Niyori yabwiye InyaRwanda ko kwinjira muri Cinema atari icyemezo cyoroshye kuko
yatangiye akorera amafaranga macye, rimwe na rimwe akanakina nta gihembo ahawe.
Ati
"Ntabwo nabimubwiye (Umugabo we). Kiriya ni icyemezo kigoye, kuko urumva
iyo ugitangira uba ukorera n'amafaranga macye. Nakubwiye ko nakinnye muri
filime nyinshi, ariko harimo n'izitarasohotse, hari n'aho wajyaga uri bukorere
ubuntu."
Avuga
ko ibyo yabifataga nk’ubuhungiro, ndetse yari yiteguye no gutandukana n’umugabo
we mu gihe atari kubyakira, ariko yishimira ko yamushyigikiye ndetse akumva
icyerekezo cye.
Ati: "Bitewe n'amarangamutima n'ibikomere nari mfite, numvaga njyewe nshaka
gukira, nari niteguye icyo umugabo ari bumbwire, n'iyo yari kumbwira ngo
dutandukane, nari niteguye kuruvamo, ariko nkakira igikomere."
Mama
Niyori asobanura ko ibikomere bye byaturutse ku kuba Se yaratereranye Nyina,
akajya gushaka abandi bagore n’ubwo Nyina ari we wari ufite isezerano.
Ati: "Papa wanjye yashatse abagore benshi, ariko Mama wanjye niwe wari ufite
isezerano barabana, abandi bagore bandi bari ku ruhande. Mama wanjye yaje
kubyara musaza wanjye, nyuma nanjye arantwita ariko njye nanga kuvuka, kuko
navukiye imyaka 7. Inda yarakuraga yageza mu mezi umunani igasubirayo [...]"
Yongeraho
ko mu myaka ibiri amaze muri Cinema yahisemo kuyifata nk’uruhimbi rwo kubwira
Se amagambo atigeze amubwira mu buzima busanzwe.
Ati: “Nifashishije indorerwamu nkajya nkina ndi kubwira Papa wanjye. Ntabwo nigeze
mubwira amagambo meza n'aho ari rwose abyumve, naramubwiye, ndamusomera rwose.
Ibintu nagombaga kumubwira amaso ku maso, nabimubwiye icyo gihe, numvaga ndi
komoka gacye gacye, noneho najya no muri filime bampa gukina mfite agahinda,
nkagenda nshyiramo utuntu twanjye, birangira nkize."
Uretse gukira ibikomere bye bwite, Kagoyire avuga ko afite intego yo kuzatunganya filime ishingiye ku rugendo rwa Nyina igihe yari amutwite no mu buzima bwakurikiyeho, kugira ngo agaragaze ubushobozi bw’abagore b’intwari bahitamo kurwana ku muryango n’ubwo batereranywe.

Mama
Niyori avuga ko Cinema yamubereye ubuhungiro bwo gukira ibikomere yakuye kuri
Se wamutereranye

Kagoyire
Rebecca yahisemo kureka akazi kamuhaga umushahara mwiza buri kwezi, yiyegurira sinema
nk’inzira y’umutuzo

Nyuma
y’imyaka ibiri muri Cinema, Mama Niyori amaze gukina mu mafilime arenga 80,
yemeza ko atigeze yibeshya ku cyerekezo cye

Mama
Niyori asobanura ko yakoresheje gukina filime nk’uburyo bwo kubwira Se amagambo
atigeze amubwira amaso ku maso
Mama
Niyori ahatanye mu cyiciro cya People’s Choice muri Mashariki African Film
Festival, aho uzatsinda azahembwa imodoka
Mama
Niyori avuga ko afite intego yo kuzandika filime ishingiye ku rugendo rwa
Nyina, nk’umugore w’intwari wahisemo kurwanira umuryango
KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA MAMA NIYORI
