Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Cindy yavuze ko muri iki gihe abahanzi bashyirwa imbere muri Uganda atari ab’inararibonye cyangwa abafite ubuhanga buhanitse, ahubwo ari abafite amafaranga menshi yo kwishyura itangazamakuru no kwamamaza indirimbo zabo.
Yagize ati: “Ikintu kiri kwica
umuziki wacu ni uko Abanya-Uganda bafite amafaranga ari bo bashyira imbere indirimbo
zabo, nyamara akenshi baba badafite impano ihagije yo guhangana ku rwego
mpuzamahanga.”
Uyu muhanzikazi kandi
usanzwe ari na Perezida w’Ihuriro ry’Abahanzi bo muri Uganda (Uganda Musicians
Association - UMA), yashimangiye ko nubwo hari iyo mbogamizi y’amikoro
n’akarengane k’abahanzi bafite impano batagira ubushobozi bwo kuyigeza kure,
hari icyizere kuko benshi muri bo bari gukora ibishoboka byose ngo bazamure
ireme ry’ibihangano byabo.
Yakomeje agira ati: “Turi gukora cyane kugira ngo tunoze ubuziranenge
bw’umuziki wacu, bityo tubashe guhangana ku rwego rwa Afurika n’isi yose.”
Cindy kandi yashimye
uruhare rw’abahanzi b’amahanga bagira mu gutanga ibitekerezo bishya no guhanga
amajwi atandukanye, avuga ko bitera imbaraga abahanzi b’iwabo kwagura ubuhanzi.
Ariko yaburiye abahanzi kwirinda kwigana birenze urugero, kuko bishobora guteza
igihombo cy’umwimerere w’umuziki kavukire wa Uganda.
Yagize ati: “Abahanzi b’amahanga badufasha kwaguka mu
bitekerezo no guhanga ibishya. Ariko iyo dukabije kubigana, dutakaza umwimerere
wacu, bikadusiga inyuma mu rugendo rwo kugira umuziki wihariye.”
Yasobanuye ko ikibyica byose ari uko amafaranga agishyirwa imbere kuruta impano