Ku itariki 14 Gashyantare buri mwaka nibwo hizihizwa umunsi w’abakundana. Kuri iyi tariki nibwo Kina Music ifatinyije na East African Promoters bateguye igitaramo bise Agatima . Umuhanzi w’imena azaba ari Christopher usanzwe umenyerwe mu njyana z’urukundo. Kwinjira muri iki gitaramo bizaba ari 15.000 Frw ku muntu umwe, naho uherekejwe(Couple) yishyure 25.000 Frw.


Christopher arizeza abazitabira igitaramo Agatima kuzanyurwa
Mu kiganiro yagiranye na Inyarwanda.com, umuhanzi Christopher yagarutse kuri iki giciro abantu bamwe bavuga ko gikanganye. Yagize ati” Igiciro ntabwo kiri hejuru kuko hakubiyemo ifunguro n’icyo kunywa ndetse no kwifotoza. Ibyo byose wongeyeho n’igitaramo, urumva ko ariya mafaranga atari menshi “
Ku bijyanye n’aho imyiteguro y’iki gitaramo igeze, Christopher avuga ko byose kugeza ubu biri ku murongo ,yaba we n’ abahanzi bazamufasha (Knowless na Jules Sentore) bakaba bari gukora imyitozo ya nyuma(Repetitions ) kugira ngo bazashimishe abazitabira igitaramo Agatima by’umwihariko abakundana.
Reba hano amashusho y'indirimbo Babyumva ya Christopher
Igitaramo Agatima kizabera kuri Serena Hotel ku itariki yavuzwe haruguru guhera isaha ya saa moya z’ijoro(7PM).
R.Christophe
