Yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu tariki ya 1 Gicurasi 2026, mu kiganiro nyunguranabitekerezo
cyahuje Antoine Cardinal Kambanda n’abavuga rikumvikana ku mbuga nkoranyambaga,
cyiswe “Catholic Influencers Connect”, cyabereye muri Sainte Famille Hotel.
Mu
bitekerezo yatanze, Christopher yagaragaje ko Kiliziya ikwiye gutekereza ku
kubaka ‘Portal’ (urubuga rumeze nk’Irembo), rwafasha Abakristu kwiyandikisha no
gusaba serivisi zitandukanye zijyanye n’amasakaramentu badasabye kujya kuri Paruwasi.
Ati: “Igitekerezo mfite ni uko hakorwa 'Portal' (Urubuga rumeze nk'Irembo) ku buryo
niba mfite umwana nshaka ko ajya kwigira amasakaramentu nshobora kumwandikisha
ndi mu rugo, ku buryo nshobora kuvuga nti hasigaye imyanya ingana gute, nihe?
Cyangwa niba nshaka kujya kwigira umubano, cyangwa se ndashaka ifishi
ya batisimu nkabona na hantu iri, ku buryo bitansaba kujya kubaza mu bukarani
bwa Parroise."
Yavuze
ko ubu buryo bworohereza benshi, cyane cyane abatuye kure cyangwa abafite
gahunda nyinshi, bityo Kiliziya ikarushaho kwegera abayigana.
Si
ibyo gusa, kuko yanagaragaje ko Kiliziya Gatolika ikwiye kongera imbaraga ku
mbuga nkoranyambaga, aho amakuru yose ajyanye n’ubuzima bwa buri munsi bwa
Kiliziya yagakwiye kunyuzwa kuri izo mbuga.
Ati: "Bagashyiraho ibikorwa ku buryo umenya gahunda zose z'icyumweru, cyangwa
se iz'umunsi bigafasha abantu kumenya amakuru byoroshye."
Ku
rundi ruhande, Christopher yagarutse ku kibazo cy’urubyiruko rujya mu yandi
matorero, agaragaza ko kimwe mu bituma bibaho ari uko muri Kiliziya Gatolika
hataboneka umwanya uhagije wo kuramya no guhimbaza Imana mu buryo bubanyura.
Ati: "Hakabayeho igihe, n'iyo byaba mbere ya Missa hakabaho abantu baririmbira
Imana abantu bagahimbaza Imana bakumva baranyuzwe. Buriya umuziki uruhura
umutima, noneho byahura n'amagambo ya Liturujiya byakora ku mutima kurushaho.
Hari urubyiruko benshi nzi bajya mu yandi matorero kandi bitwa abo muri
Kiliziya Gatolika."
Yongeyeho
ko urwego rw’umuziki wa Kiliziya rukwiye kunozwa, hagatoranywa indirimbo zifite
ireme, ndetse zigahabwa umwanya mu bitangazamakuru bya Kiliziya, kugira ngo
zirusheho kugera ku bakristu benshi.
Christopher
kandi ntiyirengagije ikibazo cy’inyubako zimwe na zimwe za Kiliziya zituma
amajwi atumvikana neza, asaba ko hajyaho uburyo bugezweho bwo kunoza amajwi
(sound system), kugira ngo ubutumwa butangirwa mu misa bugere ku bayitabira
bose uko bikwiye.
Ibitekerezo
bya Christopher bije byiyongera ku biganiro bikomeje kwibanda ku cyerekezo cya
Kiliziya Gatolika mu gihe isi iri kugenda irushaho kwinjira mu ikoranabuhanga,
aho bamwe mu bayigana bifuza ko na yo yakwihutisha impinduka zigamije
korohereza abayoboke no gukomeza kubiyegereza.
Christopher
yasabye Kiliziya Gatolika gushyiraho urubuga rworohereza Abakristu gusaba
amasakaramentu batavuye mu rugo, nk’uko isi igenda ijyana n’ikoranabuhanga
Uyu
muhanzi yagaragaje ko imbuga nkoranyambaga za Kiliziya zikwiye gukoreshwa neza
mu gutangaza gahunda za Missa n’ibindi bikorwa bya buri munsi