Christopher
yari umwe mu bahanzi bari batangajwe ku rutonde rw’abagombaga gutaramira ku
munsi wa kabiri w’iki gitaramo. Gusa, ubwo amasaha yo kuririmbira yari ageze
ntiyigeze agaragara, bituma abasanzwe bamukunda bacika intege. Nyuma y’aho,
abateguye iki gitaramo bahise bamusimbuza itsinda rya Active Again, ryatanze
ibyishimo ku bari bakitabiriye.
Nyuma
y’iminsi mike iki gitaramo kirangiye, Christopher yandikiye abakunzi be
ubutumwa burebure abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, abasaba imbabazi ku bwo
kutabasha kuzuza isezerano yari yarabahaye ryo kubataramira.
Mu
butumwa bwe, yavuze ko yababajwe no kuba atarashoboye kugera i Kigali,
asobanura ko habayeho impamvu zitunguranye ku ruhande rwe zamubujije gukora
urugendo no kubahiriza amasezerano yari afitanye n’abateguye igitaramo.
Yagize
ati: “Ku bafana banjye bose, inshuti n’abankunda, ndabasaba imbabazi mbikuye ku
mutima kuba ntarabashije gutaramira mu gitaramo Tunataka Ku Enjoy cyabereye muri
Mundi Center i Kigali mu mpera z’icyumweru gishize. Hari ibibazo bitunguranye
byabaye ku ruhande rwanjye, bituma ntabasha gukora urugendo no kuza kubahiriza
isezerano ryo kubataramira.”
Akomeza
ati “Ndifuza kubibabwira mu buryo bweruye ko iki kibazo nta sano na rito
gifitanye n’abateguye igitaramo. Itsinda rya The Hottempah Collective
ryubahirije inshingano zaryo zose kandi ryakoze ibishoboka byose kugira ngo nze
nkiri muri iki gitaramo. Nzi neza ko benshi muri mwe mwari munyiteze kandi
mwari mwiteguye kunyumva. Mbabajwe n’uko nabatengushye, kandi ndabasaba
imbabazi. Urukundo mwanyeretse n’inkunga mukomeza kumpa bifite agaciro gakomeye
kuri njye, kandi sinzigera mbifata nk’ibisanzwe.”
Yungamo
ati “Ndashimira buri wese witabiriye iri serukiramuco, ndetse nkanashimira
abariteguye n’abahanzi bose bagize uruhare mu gutuma rigenda neza. Nizeye ko
nzagaruka i Kigali vuba, nkabona umwanya wo kubonana namwe no kubitura urukundo
mwankunze.”
Aya
magambo ya Christopher yakuyeho urujijo ku mpamvu zatumye ataboneka muri iki
gitaramo, anashimangira ko ikibazo kitaturutse ku bari bagiteguye.
Igitaramo
‘Tunataka Ku Enjoy’ cyabaye mu minsi ibiri, aho umunsi wa mbere wabaye ku wa 25
Nyakanga 2026 witabiriwe n’abahanzi barimo Zaga Zillion, Mista C, Kirikou, Ish
Kevin na Nel Ngabo.
Ku
munsi wa kabiri, ari na wo Christopher yari ategerejweho, ku rubyiniro
hagaragaye abahanzi barimo Angell Mutoni, Mike Kayihura, Davis D, Azawi ndetse
na Active Again, yasimbuye Christopher ku munota wa nyuma.
Nubwo atabashije kugera i Kigali, ubutumwa bwe bwagaragaje ko agifitiye icyizere abakunzi be bo mu Rwanda, anabasezeranya kuzagaruka vuba akabaha igitaramo cyo kubitura urukundo bakomeje kumugaragariza.

Christopher yasabye imbabazi nyuma yo kutagaragara mu gitaramo yari yatumiwemo cyabaye ku Cyumweru tariki 26 Nyakanga 2026
