Christopher Muneza yasabye ko ihangana rya The Ben na Bruce Melodie ritapfukirana izindi mpano

Imyidagaduro - 27/02/2026 8:21 AM
Share:

Umwanditsi:

Christopher Muneza yasabye ko ihangana rya The Ben na Bruce Melodie ritapfukirana izindi mpano

Umuririmbyi Muneza Christopher, wamamaye nka Christopher mu muziki nyarwanda, yatangaje ko gukabya guha umwanya inkuru z’ihangana rivugwa hagati ya The Ben na Bruce Melodie bishobora gutuma izindi mpano zikomeye zitabonwa uko bikwiye.

Ibi yabivuze mu ijoro ryo ku wa Kane, tariki ya 26 Gashyantare 2026, mu kiganiro yagiranye n’abitabiriye igitaramo cya Gen-Z Comedy cyabereye muri Camp Kigali, aho yahurije hamwe gusabana n’abakunzi be no kumurika Album ye nshya yise “H20”.

Mu kiganiro cye, Christopher yagarutse ku rugendo rwe mu muziki kuva atangiye, amahirwe yagize yo gukorera muri Kina Music, kwitabira Primus Guma Guma Super Stars, ndetse n’amasomo yigiye ku rubyiniro mu myaka isaga 15 amaze mu muziki.

Ariko kimwe mu bibazo byakuruye amarangamutima y’abari aho ni icyagarukaga ku ihangana rikunze kuvugwa hagati ya The Ben na Bruce Melodie, abahanzi bombi bafite igikundiro gikomeye mu Rwanda no hanze yarwo.

Christopher ntiyahakanye ko abo bahanzi bakomeye, ariko ashimangira ko atari bo gusa bari mu muziki nyarwanda.

Yagize ati: “Navuga ko muribeshya! Iyo ndi kubireba muri kugereranya abantu bamwe bibahuma amaso ntimubone n’abandi. Umuhanzi nka Sean Brizzy ni umuntu ukomeye cyane, Mike Kayihura, Andy Bumuntu, Diez Dolla […]”.

Yasobanuye ko iyo itangazamakuru n’abakunzi b’umuziki bahugiye ku bantu babiri gusa, bishobora gutuma abandi bahanzi bafite impano n’ibitekerezo bishya batabona urubuga ruhagije.

Christopher yibukije abakunzi b’umuziki ko bafite uruhare runini mu kuzamura urwego rw’umuziki nyarwanda, binyuze mu gutega amatwi no gushyigikira abahanzi batandukanye.

Ati: “Hari abahanzi benshi dufite beza cyane ku buryo mukwiye gufunguka amaso. Nimureke kwita ku bintu abanyamakuru babashyize imbere, mugerageze murebe kure, muhe amahirwe n’abandi bahanzi.”

Aya magambo ye asa n’ahamagara impinduka mu mitekerereze, aho aho kwibanda ku makuru ashyira imbere ihangana, abantu bagashyira imbere ubuhanga, indirimbo nziza n’udushya tw’abahanzi batandukanye.

Album “H20” ni iya gatatu Christopher yashyize ku isoko. Mu magambo ye, yagaragaje ko iyi album ari igihamya cy’iterambere rye nk’umuhanzi umaze gukura, ufite ubunararibonye ndetse ushaka gutanga ubutumwa bufite ireme.

Mu gihe impaka ku ihangana ry’abahanzi bakomeye zikomeje kugarukwaho ku mbuga nkoranyambaga no mu itangazamakuru, Christopher we yahisemo gutanga undi murongo, wo kwibutsa ko umuziki nyarwanda ufite isoko nini y’impano, kandi ko buri muhanzi akwiye amahirwe yo kumvwa.

Ibi bije mu gihe abakunzi b’umuziki bakomeje kugaragaza inyota yo kumva ibishya, bityo amagambo ya Christopher akaba ashobora gutuma habaho kurebera kure kurushaho, no guha agaciro ubuhanzi bwagutse igihugu gifite. 

Christopher yasabye abakunzi b’umuziki “gufungura amaso”, agaragaza ko guhora ku ihangana rya The Ben na Bruce Melodie bishobora gutuma izindi mpano zifite ireme zitabona umwanya zikwiye mu muziki nyarwanda 


Mu kumurika Album ye “H20”, Christopher yagaragaje impungenge ze ku muziki nyarwanda, ashimangira ko atari abahanzi babiri gusa bakwiye guhabwa umwanya, ahubwo ko hari n’abandi bafite impano zikomeye zikwiye kumvwa 


“Muribeshya!” – Christopher yabibwiye abakunzi b’umuziki, abasaba kudahugira ku makuru y’ihangana ahubwo bagaha amahirwe n’abandi bahanzi barimo kuzamuka no kuzamura urwego rw’umuziki w’u Rwanda

Christopher aganira na Fally Merci utegura ibitaramo bya Gen-z Comedy biba kabiri mu kwezi muri Camp Kigali

KANDA HANO UREBE BIMWE MU BYO CHRISTOPHER YAGARUTSEHO MU KIGANIRO


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...