Tariki
26 Gashyantare 2026, muri Camp Kigali, hateganyijwe igitaramo cya Gen-Z Comedy
Show gisanzwe kimenyereweho gutumira ibyamamare mu gice cyacyo cyitwa “Meet Me
Tonight”, aho icyamamare gitumirwa kigaganiriza urubyiruko, kikabasangiza
urugendo rwacyo ndetse kikabasusurutsa.
Kuri
iyi nshuro, hatumiwe Christopher Muneza, umwe mu bahanzi bamaze igihe kirekire
mu muziki nyarwanda, wubatse ibigwi binyuze mu ndirimbo zakunzwe n’abatari
bake. Azaganiriza urubyiruko ku rugendo rwe, ibihe byiza n’ibikomeye yanyuzemo,
ndetse anabasogongeze ku muziki wo kuri album ye nshya.
Iki
gitaramo kandi kizitabirwa n’abanyarwenya bakomeye barimo Dr Nsabii na
Bijiyobija, bazafasha gususurutsa abazacyitabira, mu buryo busanzwe buranga
Gen-Z Comedy.
Christopher
aje muri iki gitaramo mu gihe aherutse gushyira hanze album ye nshya yise ‘H20
(Harnessing 2 Opposite)’, yasohotse ku wa 30 Mutarama 2026. Ni album igizwe
n’indirimbo icyenda, yagaragaje indi sura nshya y’uyu muhanzi umaze imyaka
irenga 15 mu muziki.
Ni
album yakozweho n’abahanzi batandukanye barimo Intore Massamba mu ndirimbo
‘Nzaza’, Angell Mutoni mu ndirimbo ‘Party’, ndetse na Kivumbi King bakoranye
‘Right Here’ banahuriyemo na murumuna we Spin.
Uretse
izo yakoranye n’abandi, Christopher yanakoze indirimbo wenyine zirimo ‘Belong
To Me’, ‘Drunk’, ‘Ndicuza’, ‘To Us’, ‘Poz’ na ‘Voleyari’ amaze iminsi asohoye.
Uyu
muhanzi ahamya ko ‘H20’ ari album yashyizeho imbaraga, kuko amaze igihe yiga
gutunganya indirimbo (music production), bityo imirimo myinshi yayikoze ubwe,
nubwo hari aho yagiye afashwa n’abandi ba producers mu kuyinoza no kuyirangiza.
Byitezwe
ko mu gitaramo cya Gen-Z Comedy Show, azanaririmba zimwe mu ndirimbo zigize iyi
album, bikaba ari umusogongero ku bazifuza kuyumva mu buryo burambuye mu
bitaramo bye bizakurikiraho.
Album
‘H20’ ije isanga izindi album ebyiri z’uyu muhanzi zasize amateka mu muziki
nyarwanda. Mu 2013, yamuritse album ‘Habona’ mu gitaramo gikomeye cyabereye
muri Kigali Serena Hotel, mu gihe mu 2017 yamuritse ‘Ijuru rito’ mu gitaramo
cyabereye muri Kigali Convention Centre.
Ibi
bitaramo byombi byagaragaje Christopher nk’umuhanzi ushoboye gutegura ibitaramo
bikomeye, byitabirwa n’abakunzi b’umuziki b’ingeri zitandukanye.
Uyu
munsi, agarutse mu kindi cyiciro cy’urugendo rwe, aho agiye guhura n’urubyiruko
mu buryo budasanzwe mu gitaramo cy’urwenya, akabasangiza inkuru y’urugendo rwe,
anabasogongeze ku muziki mushya uri mu murongo mushya w’ubuhanzi bwe.
Gen-Z
Comedy Show si igitaramo cyo guseka gusa; kuri iyi nshuro, kizaba ari n’urubuga
rwo guhuza uburambe n’urubyiruko, urwenya n’umuziki, ndetse n’amateka
y’umuhanzi umaze kwandika izina rye mu muziki nyarwanda.
Ku
wa 26 Gashyantare 2026, Camp Kigali izaba ihuriyemo inseko, inkuru z’urugendo
rw’umuziki, n’umusogongero wa ‘H20’, album Christopher yemeza ko ari intambwe
nshya mu buzima bwe bw’ubuhanzi.

Christopher agiye gutanga umusogongero wa album ye nshya ‘H20’ mu gitaramo cya Gen-Z Comedy Show kizabera muri Camp Kigali ku wa 26 Gashyantare 2026

Christopher azaganiriza urubyiruko mu gice cya “Meet Me Tonight” anabasogongeze ku ndirimbo zigize iyi album yasohoye mu mpera za Mutarama

Mu gihe amaze gushyira hanze album ‘H20 (Harnessing 2 Opposite)’, Christopher Muneza yatumiwe muri Gen-Z Comedy Show aho azahurira ku rubyiniro n’abanyarwenya barimo Dr Nsabii na Bijiyobija, mu gitaramo gitegerejwe guhuza urwenya, uburambe n’umuziki mushya




KANDA HANO UBASHE KUMVA ALBUM 'H20' Y'UMURIRIMBYI CHRISTOPHER
