Ni ubwa mbere uyu mugabo wamamaye mu
ndirimbo zirimo nka ‘Kubimenya' agiye gutaramira mu Burayi. Ariko asanzwe yaragaragaye mu
bindi bitaramo byagiye bibera ahantu hanyuranye mu Rwanda n’ahandi.
Mu kiganiro na InyaRwanda, Christophe yavuze ko ibi bitaramo bigamije kwamamaza ubwami bw’Imana. Ati “Ni ibitaramo bigamije kwamamaza ubutumwa bwiza bwa Yesu Kristo".
"Ni ubwa mbere ngiyeyo
biranshimishije cyane kuko ni kimwe mu byari mu nzozi zanjye. Ni kenshi
nabyifuje ariko inzira ntizicike, murabizi namwe biragoye. Ariko hamwe no
kwizera Imana, gusenga, gushaka Imana, Imana ibona ko ndi uwo kwizera."
Akomeza ati “Murabizi hari
abaririmbyi benshi banazwi kundusha nabonaga ko ari bo babereye kuba bagenda
hariya, ariko sinzi impamvu iki gihe Imana yavuze ko ari njye utahiwe ku buryo
nshobora kujyayo nkafasha abantu kuramya no guhimbaza Imana."
Uyu muhanzi azahagaruka mu Rwanda, ku
wa 30 Kanama 2024, kuko igitaramo cya mbere azagikora ku wa 31 Kanama 2024 ari
nacyo azahuriramo na Fortran Bigirimana mu Bubiligi.
Ku wa 1 Nzeri 2024, azataramira
abakunzi be n’abandi mu murongo wo kuramya no guhimbaza Imana mu Bibiligi. Ni
mu gihe ku wa 7 Nzeri 2024 azataramira muri Suede, n’aho tariki 8 Nzeri 2024
azataramira mu Mujyi wa Danmark.
Christophe avuga ko nyuma y’ibi
bitaramo azagaruka mu Rwanda, yitegujya kujya gutaramira mu Bwongereza aho
afite ibitaramo mu Ukwakira 2024. Avuga ko no mu 2025, afite ibitaramo
azakorera mu bihugu bitanduaknye byo ku Isi.
Uyu muhanzi atangaje ibi bitaramo mu gihe aherutse gusohora amashusho y’indirimbo ‘Yesu niryozina’ yakoranye na Bosco Nshuti.
Yaherukaga gusohora
amashusho y’indirimbo zirimo nka ‘Uri uwera’ yakoranye n’umuranyi ugezweho
Prosper Nkomezi. Niyo ndirimbo ya mbere uyu muhanzi yasohoye yabaye intangiriro
y’urugendo rwe mu muziki.
Christopher afite gahunda yo kwagura
umuziki nk’umuramyi wigenda ibihangano bye bikagera kure, ndetse ngo ari
gutegura kuzakora Album mu minsi iri imbere. Uyu musore yavutse mu 1991 avuka
mu muryango w’abana bane akaba afite ababyeyi bombi.
Urugendo rw’umuziki we rwatangiye
akiri muto, aho yakuze akunda abahanzi b’abaramyi barimo Appolinar byatumye
yitoza indirimbo ze ndetse acurangira ‘Sunday School’.
Kuva icyo gihe nibwo yatangiye
kuririmba ku giti cye. Avuga ko akiri muto yakuze akunda kuririmba ariko ko atatekerezaga
ko azabigira umwuga.
Uyu musore uzi gucuranga piano ndetse
na gitari, inyota yo gukora umuziki nk’umwuga yatangiye ku myaka 18 y’amavuko.
Christopher wakuriye muri Worship
Team ya Vivant, avuga ko yahimbye indirimbo ya mbere nyuma y’uko yinjiye mu
kibazo akabura igisubizo, Imana ikamucira inzira.
Yavuze ko uyu munsi iyo yumvise iyi
ndirimbo bimutera gukunda Imana cyane kuko imwibutsa ko yamukuye mu kibazo,
ndetse ngo benshi bayumva bamubwira ko ibagarurira icyizere.

Umuhanzi Christophe N agiye
gutaramira ku nshuro ye ya mbere ku Mugabane w’u Burayi

Christophe N yavuze ko yari amaze
igihe kinini agerageza kujya gukorera ibitaramo mu bindi bihugu ariko byanga

Christophe azaririmba mu gitaramo cya
mbere azahuriramo na Fortran Bigirimana

Fortran Bigirimana yakunzwe mu
ndirimbo zirimo ‘Nimumfashe dushime’, ‘Ni amahoro’, ‘Ntaco Nzoba’, ‘Je suis en
Paix’ n’izindi

Christophe azaririmba mu gitaramo ‘Ndafise Impamvu’ cya Fortran Bigirimana
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'YESU NIRYOZINA' YA CHRISTOPHE NA BOSCO NSHUTI