Ni
iya mbere yizihije nyuma y’aho Mama we yitabye Imana ku wa 13 Kamena 2025.
“Sinigeze ntekereza
ko nzizihiza isabukuru udahari…”
Mu
butumwa yashyize kuri konti ye ya Instagram kuri uyu wa Gatanu tariki 27
Gashyantare 2026, Chriss Eazy yafunguye umutima, agaragaza amarangamutima
avanze y’ibyishimo n’agahinda.
Yavuze
ko atigeze atekereza ko yazizihiza isabukuru y’amavuko Mama we atakiri kumwe na
we. Mu magambo ye, yasobanuye ko atigeze yemera mu mutima we ko umunsi umwe
yazishimira ubuzima yamuhaye, atari kumwe “n’umubyeyi wabuhaye igisobanuro.”
Mu
yandi magambo, yashakaga kuvuga ko ubuzima bwe butari impano gusa yo kubaho,
ahubwo bwari bufite agaciro n’icyerekezo kubera Mama we.
“Uko iminsi
ishira, ni ko mbona ko byinshi byanjye ari wowe”
Chriss
Eazy yakomeje agaragaza ko n’ubwo umubyeyi we atakiri kumwe na we mu buryo
bw’umubiri, akomeza kumwiyumvamo mu buzima bwe bwa buri munsi.
Yavuze
ko amusengera buri munsi. Kandi uko ibihe bihita, agenda arushaho gusobanukirwa
ko byinshi bimuranga ari ibyamuvuyeho.
Yasobanuye
ko uburyo atekereza, uko akunda abantu, n’uko yitwara mu buzima, byose bifite
ishusho ya Mama we. Mu mvugo yoroshye, yashakaga kuvuga ko Mama we atigeze
amusiga; ahubwo amurimo.
Mu
gusoza ubutumwa bwe, Chriss Eazy yagaragaje icyizere n’icyifuzo cy’umwana
wifuza ko umubyeyi we yamwishimira.
Yavuze
ko yizera ko ari kugerageza kuba umuntu watuma Mama we amwishimira. Yongeraho
ko atekereza ko aho ari hose, yaba akimureba kandi amusekera. Yagaragaje ko
amukumbuye cyane kandi ko amukunda.
Mu
bamuhaye ubutumwa bwo kumwihanganisha no kumwifuriza isabukuru nziza, harimo
Junior Giti usanzwe ari umujyanama we.
Yamubwiye
ko Mama we amwishimira aho ari mu ijuru, kandi ko yishimira umugabo ari kugenda
avamo. Yamwifurije kandi ko yazagira indi minsi myinshi y’amavuko.
Ni
amagambo yagaragaye nk’ahumuriza, amwibutsa ko gukura kwe nk’umuntu nko muhanzi
ari bwo buryo bwo gukomeza guha icyubahiro uwamubyaye.
Mu
myaka ishize, Chriss Eazy yizihizaga isabukuru ari umwe mu bahanzi bari
kuzamuka byihuse, indirimbo ze zikunzwe n’urubyiruko, izina rye rigenda riba
rinini. Ariko ku myaka 25, isabukuru ye yahindutse umunsi wo gutuza, kwibuka no
gusenga.
Ni
umunsi ugaragaza ko inyuma y’ibyishimo by’umuziki n’ibirori byo ku rubyiniro,
haba hari umutima w’umuntu ushobora kuba uremerewe n’ibikomere bitabonerwa
amaso.
Ku
myaka 25, Chriss Eazy ari mu cyiciro cyo gukura no gufata ibyemezo bikomeye mu
buzima bwe n’umuziki we. Ariko nk’uko yabivuze, uko agenda akura ni ko arushaho
kubona ko byinshi muri we ari Mama we.
Iyi
sabukuru rero ntiyari iy’imyaka gusa; yari n’iy’urukundo rutazima, urwibutso
rutibagirana n’isezerano ryo gukomeza kubaho mu cyubahiro cy’uwamuhaye ubuzima.
Ku
myaka 25, Chriss Eazy yizihije isabukuru ya mbere atari kumwe na Mama we,
ayigira umunsi w’urwibutso, isengesho n’isezerano ryo gukomeza kumutera ishema

KANDA
HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO ‘CHOCOLATE’ YA CHRISS EAZY
