Chris Brown yagejeje mu rukiko inyandiko yamagana icyifuzo cya Avila cyo gufatira amafaranga ye yose y’ubu n’ayazaza, arimo n’amafaranga ava mu bitaramo ndetse n’uburenganzira ku ndirimbo ze, kugeza igihe azaba amaze kwishyura amafaranga yaciweho n’urukiko.
Avila yatsinze urubanza ruregwamo Chris Brown ku kibazo cy’igitero cy’imbwa cyabaye mu 2020 mu rugo rw’uyu muhanzi i Los Angeles. Yavuze ko iyo mbwa yamukomerekeje bikomeye, bikagira ingaruka zikomeye ku buzima bwe.
Chris Brown we yahakanye amakosa, avuga ko Avila ari we wari wateje iyo mbwa uburakari. Icyakora, nyuma y’urubanza, inteko y’abacamanza yafashe icyemezo gishyigikira Avila, maze Chris Brown ategekwa kumwishyura amafaranga arenga miliyoni 13 z’amadolari.
Mu nyandiko nshya yagejeje mu rukiko, Chris Brown yavuze ko icyifuzo cya Avila cyo gufatira amafaranga ye yose y’ubu n’ayazaza kirenze ibyo amategeko amwemerera gufata.
Avila yari yabanje kubwira urukiko ko Chris Brown nta mbaraga zigaragara yashyize mu kwishyura ayo mafaranga, bituma asaba ko hafatwa ingamba zo kumufatira amafaranga akura mu bikorwa bye.
Kugeza ubu, Chris Brown na Usher bari mu rugendo rw’ibitaramo bakorera mu mijyi itandukanye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho bateganyijwe gukora ibitaramo 33 hagati ya Kamena na Ukuboza 2026.
Ni muri urwo rwego amafaranga Chris Brown akura muri uru rugendo rw’ibitaramo ashobora kugira uruhare mu mpaka zikomeje kubera mu nkiko ku bijyanye no kwishyura uyu mwenda.


Chris Brown yarwanyije icyifuzo cy’uwahoze ari umukozi we cyo gufatira amafaranga ava mu bitaramo yakoranye na Usher
