Uyu muhanzi w’imyaka 37 yageze mu rukiko rwa Southwark Crown Court aho yemeye ko habayeho imyitwarire irimo gukoresha cyangwa gutera ubwoba hakoreshejwe urugomo.
Ibyaha bikomeye yari akurikiranyweho mbere, birimo kugerageza gukomeretsa bikomeye umuntu no gukubita bikabije, byaje gukurwaho nyuma yo kwemera iki cyaha.
Urubanza rukomoka ku byabaye muri Gashyantare 2023, ubwo abashinjacyaha bavugaga ko Chris Brown yagiranye amakimbirane n’umutunganya umuziki witwa Abraham Diaw mu kabyiniro ka Tape London, aho bivugwa ko yakoresheje icupa rya tequila amukomeretsa.
Chris Brown yari kumwe n’umutoza we w’amajwi, Omololu Akinlolu, na we wemeye icyaha cyo guteza imvururu muri uru rubanza.
Urukiko rwamuhaye ingwate yo gukomeza kuba hanze y’urwego rw’ubutabera, ariko azagaruka mu rukiko tariki ya 26 Ukwakira 2026 kugira ngo ahabwe igihano. Icyaha cyo guteza imvururu mu Bwongereza gishobora gutera igifungo kigera ku myaka itatu.
