Chorale de Kigali yateguye iserukiramuco yatumiyemo korali zo muri Ghana, Nigeria n’ahandi

Iyobokamana - 03/03/2022 11:16 AM
Share:

Umwanditsi:

Chorale de Kigali yateguye iserukiramuco yatumiyemo korali zo muri Ghana, Nigeria n’ahandi

Chorale de Kigali iri mu zikomeye muri Kiliziya Gatolika, yateguye iserukiramuco ry’indirimbo yahurijemo korali zo mu bihugu bitandukanye byo ku mugabane wa Afurika.

Yateguye iri serukiramuco ku bufatanye n’Ishyirahamwe Nyafurika rigamije guteza imbere muzika ya korali muri Afurika (African Choral and Gospel Championship, ACGC).

Iri shyirahamwe ryashingiwe mu Mujyi wa Accra muri Ghana. Nibo bagize igitekerezo cyo kujya bategura iserukiramuco rigahuriza hamwe korali hagamijwe guhuriza hamwe abantu no kunga abanyafurika binyuze mu muziki w’amakorali.

Iki gitekerezo bakigejeje kuri Chorale de Kigali, nka korali imaze gukomera mu ruhando rwa Afurika kuba yakwakira iri serukiramuco. Bihurirana n’uko u Rwanda ruzwiho kandi rugaragaza ubushake bwo kwakira inama n’ibindi bikorwa bihuriza hamwe abantu.

Chorale de Kigali yarabyemeye, hanyuma bahita basaba uburenganzira bw’aho iri serukiramuco rigomba kubera. Rizabera mu Intare Arena, muri Car Free Zone no mu Karere ka Musanze kuva ku itariki ya 23 Werurwe kugera ku wa 28 Werurwe 2022.

Kugeza ubu korali z’ibihangange 13 nizo zimaze kwemeza kwitabira iri serukiramuco harimo enye zo muri Ghana zirimo The Harmonious Chorale yamamaye mu buryo bukomeye, ebyiri zo muri Nigeria, Togo, Afurika y’Epfo, Uganda, ebyiri zo mu Rwanda n’izindi zahamije ibigwi muri Afurika.

Shema Patrik wo muri Chorale de Kigali yabwiye INYARWANDA ko kugeza ubu bakomeje kwakira korali zizaririmba muri iri serukiramuco ryagutse.

Avuga ko iri serukiramuco rizarangwa n’umuziki, ibikorwa by’ubukerarugendo, ibiganiro n’ibindi. Ati “Abazaba bitabiriye iri serukiramuco bazagira ahantu nyaburanga basura nka Musanze, ahantu ho kwidagadurira nka Mont Kigali, bazenguruke Umujyi wa Kigali n’ahandi."

Shema yavuze ko iri serukiramuco rizanarangwa n’ibikorwa bizwi nka ‘Master Class’, aho abantu bungurana ibitekerezo ku muziki nk’abantu baririmba ku giti cyabo, korali n’ibindi.

Yavuze ko iri serukiramuco rizamara iminsi ine, kandi ko buri mugoroba hazajya haba hari igitaramo. Avuga ko bari gutekereza gushyiraho uburyo abantu bashobora kugura amatike kugira ngo bazinjire muri iri serukiramuco.

Shema yanavuze ko muri iri serumiramuco hazaba irushanwa rizahuza abaririmba ku giti cyabo ariko babarizwa muri korali, amakorali n’abandi.

Ati “Ntabwo ari ukugira ngo turebe umuhanga n’umuswa, ariko ni mu buryo bwo kugira ngo iserukiramuco rirusheho kuryoha no gutuma abantu baryitabira."

Chorale de Kigali bagiye gukora iri serukiramuco nyuma y’uko ku wa 19 Ukuboza 2022 bakoze igitaramo cyabo bise “Christmas Carols Concert " ya 2021, bakoreye muri Kigali Arena.

Iki gitaramo cyarimo uburyohe bw’amajwi atagereranywa ndetse n’ubuhanga buhanitse. Ryabaye ijoro ridasanzwe n’ibyishimo bihebuje ku bakunzi b’umuziki wa Classique, bataramanye na Chorale de Kigali.

Cyafashije Abakristu gusingiza Imana no kwinjira neza mu byishimo bya Noheli. Iki gitaramo Chorale de Kigali yagihaye umwihariko kuva ku munota wa mbere kugeza gisoje.

Bitandukanye n’indi myaka iyi korali yaririmbye indirimbo zibyinitse zizwi muri Kiliziya Gatolika, zatumye abantu bava mu byicaro bagafatanya nabo.  

Chorale de Kigali ifatwa nka nimero ya mbere muri Kiliziya Gatolika yatangaje iserukiramuco ry'indirimbo 

Iri serukiramuco rizarangwa n’ibikorwa by’umuziki harimo n’amarushanwa yo kuririmba ku bahanzi n’amakorali


 

Chorale de Kigali ivuga ko iri gutekereza gushyiraho uburyo buzafasha abantu kwinjira muri iri serukiramuco


 

Ku wa 19 Ukuboza 2021, Chorale de Kigali yemeje abantu mu gitaramo yakoreye muri Kigali Arena


 

REBA HANO IGITARAMO CHORALE DE KIGALI BAHERUTSE GUKORA

">


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...