China: Yamaze imyaka umunani agati ko kurisha (chopstick) kamuheze mu muhogo

Utuntu nutundi - 20/04/2026 7:48 AM
Share:

Umwanditsi:

China: Yamaze imyaka umunani agati ko kurisha (chopstick) kamuheze mu muhogo

Mu Bushinwa, umugabo w’imyaka 46 yatangaje benshi nyuma y’uko abaganga bemeje ko yamaze imyaka umunani agati ko kurisha (chopstick) karamuheze mu muhogo, ariko ntibigire ingaruka zikomeye bimugiraho. Ibi byatunguye cyane abaganga n’abandi bibaza uko byagenze kugira ngo uyu mugabo ntagire n’igikomere na kimwe.

Uyu mugabo uzwi ku izina rya Wang, bivugwa ko yamize ako gati gafite uburebure bwa santimetero 12 mu mwaka wa 2018, ubwo yari yasinze ari mu rugo iwe afata ifunguro rya nimugoroba.

Nyuma y’iyo mpanuka, yahise ajya kwa muganga, abaganga bamubwira ko bagomba kumubaga kugira ngo bamukuremo ako gati. Gusa we yarabyanze, avuga ko afite ubwoba bwo kubagwa ku ijosi.

Icyemezo yafashe cyatumye amara imyaka myinshi abanye n’ako gati mu muhogo, yihanganira ububabare ndetse n’ingorane zo kurya no kumira, ariko agatinya gusubira kwa muganga.

Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru South China Morning Post, muri Werurwe 2026 ni bwo Wang yatangiye kugira ibibazo bikomeye kurushaho, aho kumira byamugoraga cyane. Ibyo byatumye afata icyemezo cyo kongera kujya kwa muganga.

Yageze ku bitaro bya Dalian Municipal Central Hospital, abwira abaganga ko afite agati ko kurisha kamuheze mu muhogo. Muganga Huang Weipeng yavuze ko yabanje kutabyemera, akeka ko ari ikibazo gishya, ariko atungurwa no kumenya ko hashize imyaka umunani.

Abaganga bahise bafata icyemezo cyo kumubaga bakoresheje uburyo bworoheje (minimally invasive surgery), banyuza ibikoresho mu kanwa batamubaze ijosi, ari na byo byamufashije kwemera kubagwa.

Ku bw’amahirwe, ako gati ntikangije ibice by’ingenzi byo mu muhogo, birimo ibijyanye n’ijwi n’ibindi bice by’ingenzi. Nyuma yo kubagwa neza, Wang yasezerewe mu bitaro nyuma y’iminsi mike, kandi biteganyijwe ko azakira neza nta bibazo bikomeye azasigarana.

Iyi nkuru idasanzwe yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga, aho abantu batunguwe n’uko umuntu ashobora kubaho imyaka umunani afite igiti mu muhogo, ariko ntibigire ingaruka zikomeye zimugeraho.



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...