Lacroix w'imyaka 26 y'amavuko yasinye amasezerano muri Chelsea kugeza mu mwaka wa 2032. Uyu myugariro yageze muri Crystal Palace mu 2024 avuye mu ikipe ya Wolfsburg yo mu Budage ku giciro cya miliyoni 15.5 z'Amapawundi.
Mu gihe gito yamaze muri iyi kipe, yabaye umwe mu bakinnyi b'ingenzi ba Oliver Glasner, aho yakinnye imikino 55 mu marushanwa yose.
Mu mwaka ushize, yafashije Crystal Palace gukora amateka yo kwegukana igikombe cya UEFA Conference League, kikaba ari cyo gikombe cya mbere gikomeye cy'i Burayi iyi kipe yegukanye.
Ku rwego mpuzamahanga, Lacroix amaze gukinira ikipe y'igihugu y'u Bufaransa imikino 7. Mu Gikombe cy'Isi cya 2026 yakinnye imikino 3, harimo uwo u Bufaransa bwatsinzwemo n'u Bwongereza mu guhatanira umwanya wa gatatu, Les Bleus isoza irushanwa iri ku mwanya wa kane.

Akimara gutangazwa nk'umukinnyi mushya wa Chelsea, Lacroix yavuze ko yishimiye cyane kwinjira muri iyi kipe kandi ko ashaka kugira uruhare mu kuyandikira amateka mashya.
Yagize ati: "Iyo ndebye abakinnyi nka Reece James na Morgan Rogers, numva nishimye kuba nanjye ngiye kuba umwe mu bazandika amateka ya Chelsea. Nishimiye cyane kuba ndi muri uyu mushinga mwiza kandi ndashaka gutangira gukina."
Yakomeje avuga ko atewe amatsiko no guhura na bagenzi be ndetse n'umutoza mushya Xabi Alonso, ashimangira ko Chelsea ifite inkuru nshya igiye kwandika kandi yifuza kuzayigiramo uruhare.
Lacroix abaye umukinnyi wa gatatu Chelsea iguze muri iri soko ry'impeshyi, nyuma ya Morgan Rogers na Marco Palestra. Iyi kipe iri kwitegura gutangira igihembwe gishya kiyobowe n'umutoza mushya Xabi Alonso.
Chelsea kandi yamaze kwakira Geovany Quenda na Emmanuel Emegha, amasezerano yabo yari yarumvikanyweho umwaka ushize, mu gihe ikomeje ibiganiro byo kugura rutahizamu Danny Welbeck ukinira Brighton ndetse n'umukinnyi wo hagati Jordan Henderson wa Brentford.

Lacroix yari amaze igihe ari ku rutonde rw'abifuzwaga
Amakuru ava hafi ya Chelsea agaragaza ko Lacroix yari amaze igihe ari ku rutonde rw'abamyugariro iyi kipe yashakaga, nyuma y'uko ubusatirizi bw'abahanganye bwakomeje kugora ubwugarizi bwayo mu mwaka ushize.
Nubwo amazina nka John Stones na Jacobo Ramon na yo yigeze kuvugwa, ubuyobozi bwa Chelsea bwari bwamaze kwemeza ko Lacroix ari we bwifuza kurusha abandi.
Ibiganiro hagati ya Chelsea na Crystal Palace byamaze igihe kubera kutumvikana ku mafaranga y'igurwa n'amasezerano y'umukinnyi, ariko byaje kurangira neza nyuma y'uko Lacroix yemeye kwimukira i Stamford Bridge akimara kurangiza Gikombe cy'Isi.
Lacroix ni umwe mu bakinnyi bakuze Chelsea iguze kuva ubuyobozi bushya bwafata iyi kipe. Byongeye kandi, iyi kipe yanagerageje gusinyisha Granit Xhaka w'imyaka 34, nubwo ayo masezerano atagezweho.
Ibi byose byerekana ko Chelsea iri gushaka guhuza impano z'abakiri bato n'uburambe bw'abakinnyi basanzwe bamenyereye amarushanwa akomeye, mu rwego rwo kongera guhatanira ibikombe mu myaka iri imbere.



Chelsea yaguze myugariro Maxence Lacroix muri Crystal Palace kuri miliyoni 52£
