Chella waririmbye ‘Nyash na Nyash’ yahiguye umuhigo wo kugaruka i Kigali

Imyidagaduro - 01/11/2025 7:00 AM
Share:

Umwanditsi:

Chella waririmbye ‘Nyash na Nyash’ yahiguye umuhigo wo kugaruka i Kigali

Umuhanzi mpuzamahanga Chella, wamamaye mu ndirimbo “Nyash na Nyash”, yamaze kugera i Kigali mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 31 Ukwakira 2025, aho aje kwitabira ibirori bikomeye byiswe “The Silver Gala” bibera muri BK Arena, byateguwe n’umunyarwandakazi Sherrie Silver.

Kugera i Kigali kwa Chella ni ukwesa umuhigo yari yiyemeje mu mezi ashize, ubwo yavugaga ko azagaruka gushyigikira ibikorwa bya Sherrie Silver Foundation.

Uyu muhanzi yaherukaga i Kigali tariki 31 Nzeri 2025, ubwo yakirwaga n’abana bo muri uwo muryango ku kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali, bakaririmbana zimwe mu ndirimbo ze zakunzwe.

Icyo gihe Sherrie Silver yamuganirije ku gikorwa cye, maze Chella amwizeza ko azagaruka amushyigikiye mu bikorwa bye.

Mu minsi ishize, Sherrie Silver ubwe yahamirije itangazamakuru ko Chella yemeye kuzitabira “The Silver Gala”, ibintu byatumye abafana be mu Rwanda bategereza n’amatsiko uru rugendo.

Si ubwa mbere Chella ageze mu Rwanda. Mu ntangiriro za Nyakanga 2024, yari yitabiriye ibikorwa by’umuco n’umuziki mu Karere ka Rubavu, mbere y’uko agaruka mu Mujyi wa Kigali muri Nzeri 2025.

Ubu noneho agarutse nk’umuhanzi uzaririmba mu birori bikomeye bikurikirwa n’abanyamuziki n’abanyacyubahiro bo mu nzego zitandukanye.

Chella: Umuhanzi wavuye mu buzima busanzwe akagera ku rwego mpuzamahanga abikesha indirimbo ‘My Darling’

Chella ni umwe mu bahanzi b’ubu b’igihe gito bagaragaje impinduka zikomeye muri Afrobeat. Yavukiye kandi akurira mu muryango usanzwe, aho umuziki utari ikintu cyo kwidagadura gusa, ahubwo cyari ubuzima bwimbitse.

Akiri muto yatangiye kuririmba mu birori byo mu mashuri no mu midugudu, maze yigarurira abantu kubera ijwi rye ryiza n’ubuhanga mu miririmbire. Nubwo yari afite imbogamizi z’ubushobozi, ntiyacitse intege. Chella yahise aba umwe mu bahanzi bakiri bato bazamuka bafite imirongo ifite ubutumwa, ikubiyemo urukundo, imihangayiko n’inzozi z’ejo hazaza.

Urugendo rwe rw’ubuhanzi rwatangiye kuzamuka ubwo yatangazaga ‘mixtapes’ zagiye zikundwa cyane ku mbuga za muzika, byatumye izina rye ritangira kumenyekana ku rwego mpuzamahanga. Nyuma y’imyaka yo guhangayika, yagize amahirwe yo gukora indirimbo “My Darling” yamuhinduriye byose.

Iyi ndirimbo, ifite imirongo ivuga ku rukundo rw’ukuri n’ubwitange, yahise imenyekana ku isi yose, ikora ku mitima y’abakunzi b’umuziki kubera amagambo yayo y’umwimerere n’amajwi atuje. Chella yayikoze afatanyije na Producer Jaybeat, umenyerewe mu gutunganya injyana za Afrobeat ziri mu buryo bugezweho.

“My Darling” yamuhesheje miliyoni z’abayumvise kuri Spotify, YouTube na Apple Music, ndetse iba imwe mu ndirimbo zakoze amateka muri Afurika y’i Burasirazuba. Ku mbuga nka TikTok, yahinduye abantu benshi gukora ‘challenges’ zayo, bituma Chella amenyekana ku rwego mpuzamahanga.

Kuva ubwo, uyu muhanzi yakomeje gukorana n’abandi bahanzi bakomeye, kwitabira ibitaramo byo hanze y’igihugu no gukundwa n’abafana mu bice bitandukanye by’isi.

Umuziki wa Chella ni uruvangitirane rwa Afrobeat, Pop, R&B na Soul, rufite umwihariko mu guhuza injyana z’umuco gakondo wa Afurika n’amajwi agezweho. Yivugira ko abahanzi nka Fela Kuti, Burna Boy, Wizkid na Asa ari bo bamuhaye icyerekezo.

Indirimbo ze zigaruka ku rukundo, ubuzima, n’ibibazo by’abantu basanzwe, ariko zose zigatambutsa ubutumwa bwubaka. Abafana be bamushima kuba ashyira mu ndirimbo ze amagambo y’ukuri kandi akoraho imitima.

Chella yatangaje ko ari gutegura album ye ya mbere y’ibihe byose, izaba iriho amajwi mashya n’ubutumwa buhishura impano ye nyayo. Avuga ko izaba irimo ubufatanye n’abahanzi bo mu bihugu bitandukanye, bigamije kumufasha kwagura imbibi z’umuziki we.

Uretse umuziki, Chella ari no kwinjira mu bikorwa byo gutoza urubyiruko, gufasha impano nshya no guteza imbere ubugiraneza. Afite gahunda yo gufungura ishuri rito ry’umuziki rizafasha urubyiruko rutishoboye kubona amahirwe yo kwiga umuziki ku buntu.

Chella yari ageze i Kigali mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu, yitabiriye ibirori ‘The Silver Gala’ biba kuri uyu wa Gatandatu tariki 1 Ugushyingo 2025 muri BK Arena

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘NYASH NA NYASH’ YA CHELLA

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO ‘MY DARLING’ YA CHELLA


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...