Charles Kagame yashyize hanze indirimbo yitiriye album ye “Humura” – VIDEO

Imyidagaduro - 20/11/2025 9:48 AM
Share:
Charles Kagame yashyize hanze indirimbo yitiriye album ye “Humura” – VIDEO

Umuhanzi Charles Kagame wari umaze iminsi ateguje album nshya yise “Humura” yahereye ku ndirimbo yitiriye album ‘Humura’, ikaba yagiye hanze mu buryo bw’amajwi n’amashusho ndetse izindi zirindwi zisigaye zikaba zaratangiye gutunganywa.

Uyu muhanzi wakunzwe n’abatari bacye mu ndirimbo “Amakuru” aherutse gutangaza umuzingo mushya w’indirimbo 8 yise “Humura” kuri ubu akaba yatangiye kugenda ashyira hanze izo ndirimbo zigize album ye nshya.

Ku ikubitiro, Charles Kagame yashyize hanze indirimbo yise “Humura” yanitiriye iyi album avuga ko izindi ndirimbo zizaherekeza iyi kuri album arimo azikoraho ndetse mu minsi iri imbere nazo zitangira kujya hanze.

Yabwiye Inyaranda ko “Ni album y’indirimbo 8, izindi zizaza. Ndi kuzikora muri studio kandi zifiteho n’izo mfatanyije n’abandi bahanzi nzakorana nabo mu Rwanda, ndateganya kuza gukorana n’abahanzi bo mu Rwanda.”

Iyi album izaba igizwe n’indirimbo ziramya kandi zihimbaza Imana cyane ko mu mwaka wa 2020 yabwiye InyaRwanda ko kuba yarahisemo uyu mujyo byari isezerano yari yarahaye Imana.

Icyo gihe yageze ati: "Kuba ntarakoze muzika isanzwe ngakora Gospel ni uko ari umuhigo nahigiye Imana nkiri muto ko nzayiririmbira kandi nkaba mbikora nta nyungu runaka mbishakamo uretse kwamamaza ubutumwa bwiza bwa Yesu Kristo."

Umuhanzi Charles Kagame yashyize hanze indirimbo "Humura" yitiriye album ye nshya

Reba amashusho y'indirimbo "Humura" ya Charles Kagame



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...