Nk'uko byari byitezwe, uyu mukino watangiye wihuta cyane impande zombi zikina zishaka igitego hakiri kare.Bidatinze ku munota wa 17 FC Bayern Munich yabonye penariti, yinjizwa neza na Harry Kane.
Iyi kipe yo mu Budage yabaye nk’ikojeje agati mu ntozi dore ko Paris Saint-Germain yahise isatira cyane ishaka uko yakwishyura. Ku munota wa 24, Ousmane Dembele yahise yishyura ahawe umupira na Desire Doué.
Nyuma y’iminota 9, Joao Neves ahawe umupira na Ousmane Dembele yatsinze igitego cya kabiri cya PSG ariko FC Bayern Munich nayo ku munota wa 41 ihita yishyura ku gitego cya Michael Olise ahawe umupira na Aleksandar Pavlovic.
Mbere y’uko igice cya mbere kirangira, PSG yamamaza Vist Rwanda yabonye penariti, yinjizwa neza na Ousmane Dembele, bajya kuruhuka iyoboye n’ibitego 3-2.
Mu gice cya kabiri, iyi kipe yo mu Bufaransa n’ubundi yazanye imbaraga, ku munota wa 56 Kvicha Kvratskhelia atsinda igitego cya kane ahawe umupira na Achraf Hakim. Mu gihe ba myugariro ba Bayern bari bakirimo bibazo uko bigenze, Ousmane Dembele yahise abatsinda igitego cya 5 ahawe umupira na Desire Doué.
Abakinnyi ba FC Bayern Munich ntabwo bacitse intege dore ko ku munota wa 65 Dayot Opamecano yahise atsinda igitego akoresheje umutwe ahawe umupira na Joshua Kimmich,
Ku munota wa 69, Luis Diaz yahise atsinda igitego cya kane ubundi bashaka igitego cya gatanu kirabura birangira batsinzwe na PSG ibitego 5-4. Ni ubwa mbere mu mateka ya UEFA Champions League ko mu mukino umwe wa 1/2 habonekamo ibitego 9.
Ejo hateganyijwe undi mukino wa 1/2 cya UEFA Champions League aho Atletico Madrid izakira Arsenal.

Harry Kane yishimira igitego yatsinze nubwo ibi byishimo bitamaze kabiri


PSG yatsinze FC Bayern Munich ibitego 5-4
