Kane yagize uruhare rukomeye ku ntsinzi ya Bayern, ubwo yatangaga umupira wavuyemo igitego cya Jamal Musiala mu ntangiriro z’igice cya kabiri. Ku munota wa 61, uyu rutahizamu w’Umwongereza yaje gutsinda igitego cya kabiri cya Bayern, akoresheje umutwe ari hafi y’izamu.

Iki gitego cyari icya 55
cya Kane muri Champions League, mu mukino we wa 71 muri iri rushanwa.
Nk’uko tubikesha talkSPORT,
Kane asangiye aya mateka na Cristiano Ronaldo ndetse na Robert Lewandowski,
bombi babigezeho inshuro ebyiri, ndetse na Ruud van Nistelrooy.
Ku ruhande rwa Bayern Munich, iyi ntsinzi yakomeje amateka adasanzwe y’iyi kipe yo mu Budage. Bayern imaze gutsinda umukino wayo wa mbere muri Champions League mu bihe 23 bikurikiranye. Muri iyo mikino, iyi kipe imaze gutsinda ibitego 68, mu gihe yo yinjijwe ibitego umunani gusa.

Nyuma ya Kane, Alphonso
Davies yatsinze igitego cya gatatu cya Bayern, mbere y’uko Michael Olise
atsinda ibitego bibiri byasoje umukino.
Bodo/Glimt yarangije
umukino ari abakinnyi 10, nyuma y’uko Odin Bjortuft ahawe ikarita itukura ku
munota wa 87 kubera gukorera ikosa umukinnyi wari usigaye imbere ye wenyine
yerekeza ku izamu.
Kane amaze gutsinda
ibitego bingahe muri uyu mwaka?
Nubwo Harry Kane yatsinze
ibitego 61 mu marushanwa yose mu mwaka ushize w’imikino, uyu mwaka yatangiye
gahoro ugereranyije n’urwego rwe rusanzwe.
Yatsinze igitego cye cya
mbere muri uyu mwaka w’imikino ku mukino we wa gatatu, ubwo Bayern Munich
yatsindaga VfL Osnabrück ibitego 4-1 mu gikombe cy’u Budage, DFB-Pokal.
Igitego yatsinze
Bodo/Glimt cyamugejeje ku bitego 3 mu mikino itanu amaze gukina muri uyu mwaka
w’imikino wa 2026/27.
Icyakora, aracyategereje
igitego cye cya mbere muri Bundesliga, nyuma yo kuba ari we watsinze ibitego
byinshi muri shampiyona y’u Budage mu mwaka ushize, aho yatsinze ibitego 36.
Kane yakinnye igice
kinini cy’umukino Bayern yatsinzemo Stuttgart ibitego 5-1, ariko mu mukino
wakurikiyeho wa shampiyona, Bayern yanganyije na Schalke 0-0, Kane yatangiriye
ku ntebe y’abasimbura.
Igitego yatsinze
Bodo/Glimt cyatumye Kane agera ku bitego 149 amaze gutsindira Bayern Munich,
ndetse akomeza kugaragaza ko ashobora guhatanira igihembo cya Ballon d’Or.
Uyu mukinnyi w’imyaka 33 ari mu bakinnyi 30 batoranyijwe guhatanira Ballon d’Or y’uyu mwaka, ndetse akaba ari mu bahabwa amahirwe menshi yo kwegukana iki gihembo gihabwa umukinnyi witwaye neza kurusha abandi ku Isi.

Bayern Munich izahura
n’ayahe makipe muri Champions League?
Nyuma yo gutsinda
Bodo/Glimt, Bayern Munich izakurikizaho urugendo rwo gukina na Viking FK yo
muri Noruveje, izakira iyi kipe yegukanye Champions League inshuro esheshatu ku
wa 13 Ukwakira.
Nyuma yaho, Bayern
izahura n’imikino ikomeye yikurikiranya na Arsenal ndetse na Atlético Madrid.
Mu mikino yayo ibiri ya
nyuma muri Champions League muri uyu mwaka wa 2026, Bayern izahura na Lille na
Slavia Prague. Mu ntangiriro za 2027, iyi kipe izasoza imikino yayo yo mu
cyiciro.
