Iri tangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa 27 Nyakanga 2026, rivuga ko nyuma y'isuzuma ryimbitse ry'imikorere ya ICC kuva yashingwa muri 2002, Chad yabonye ko ibikorwa byayo "byiganjemo ubusumbane no kubogama.”
Chad ishinja ICC kwibasira Afurika
Nk’uko tubikesha ikinyamakuru Al Jazeera, mu itangazo rya Guverinoma, Chad yavuze ko mu maperereza 13 akomeye ICC imaze gutangiza kuva yabaho, icyenda arebana n'ibihugu bya Afurika, mu gihe andi ane gusa ari yo areba ibindi bice by'Isi, kandi na yo ngo nta musaruro ufatika yigeze atanga.
Abayobozi ba Chad bavuga ko ibi bigaragaza ko ICC ikoresha amahame abiri atandukanye mu gutanga ubutabera, ibintu bavuga ko bidakwiye urwego mpuzamahanga rwagombye gukorera ibihugu byose mu buryo bungana.
Icyemezo cyafashwe nyuma y'igitutu cyaturutse muri Amerika
Icyemezo cya Chad kije nyuma y'uko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zitangiye ubukangurambaga busaba ibihugu by’ibinyamuryango bya ICC gusohoka muri uru rukiko. Washington yashinje ICC guhungabanya ubusugire bw'ibihugu no kwivanga mu bibazo by'ibihugu byigenga.
Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga wa Chad, Abdoulaye Sabre Fadoul, yemeye ko uwungirije Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga wa Amerika ushinzwe Afurika yasabye Chad kongera gutekereza ku kuba umunyamuryango wa ICC.
Gusa yashimangiye ko icyemezo cyo kuva muri uru rukiko ari icyemezo cyigenga cya Chad, cyafashwe nyuma yo gusuzuma imikorere y'uru rukiko mu myaka irenga 20 ishize.
Chad ibaye kimwe mu bihugu bikomeje kuva muri ICC, nyuma y'ibindi birimo Venezuela, ndetse n'ibihugu bya Burkina Faso, Mali na Niger, biyobowe n'ubutegetsi bwa gisirikare.
Ibi bikomeje kongera impaka ku hazaza h'uru rukiko, cyane cyane ku mubano warwo n'ibihugu bya Afurika.
Yasabye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gukomeza inkiko zo ku Mugabane
Guverinoma ya Chad yavuze ko igihe kigeze kugira ngo Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) ushyire imbaraga mu kubaka no gushimangira inkiko zo ku mugabane, aho gukomeza kwishingikiriza ku rukiko mpuzamahanga bavuga ko rukoreshwa nk'igikoresho cya politiki.
Yongeyeho ko urwandiko rwo kuva muri ICC rwamaze kohererezwa Umunyamabanga Mukuru w'Umuryango w'Abibumbye (Loni), kandi ko nk'uko biteganywa n'amategeko, uku kuva muri ICC kuzatangira kubahirizwa nyuma y'umwaka umwe uru rwandiko rwakiriwe.
Nubwo ICC yashinzwe hagamijwe gukurikirana abakekwaho ibyaha bikomeye birimo Jenoside, ibyaha by'intambara n'ibyibasiye inyokomuntu, imyaka myinshi ishize hari ibihugu bya Afurika biyishinja kwibanda cyane ku mugabane wa Afurika, mu gihe ibindi byaha bikomeye bibera ahandi ku Isi bititabwaho ku rugero rumwe.
Icyemezo cya Chad gishobora kongera imbaraga mu mpaka zimaze imyaka ku ruhare rwa ICC, ndetse no ku buryo ubutabera mpuzamahanga bukwiye gukorwa kugira ngo bugaragare nk'ubutabogama.
