CENTRE AFRIQUE: Ambasaderi Jean Baptiste Habyarimana umwe mu bitabiriye igitaramo cya Dj Pius, Farious, Charly na Nina – AMAFOTO

Imyidagaduro - 12/02/2017 2:19 PM
Share:

Umwanditsi:

CENTRE AFRIQUE: Ambasaderi Jean Baptiste Habyarimana umwe mu bitabiriye igitaramo cya Dj Pius, Farious, Charly na Nina – AMAFOTO

Abahanz Dj Pius, Farious, Charly na Nina bamaze iminsi mu gihugu cya Centre Afrique aho bari gukorera ibitaramo binyuranye, kuri uyu wa Gatandatu tariki 11 Gashyantare 2017 bakoze igitaramo cyabo cya mbere cyitabiriwe na Hon. Ambasaderi Jean Baptiste Habyarimana uhagarariye u Rwanda muri Congo Brazaville ndetse na Centre Afrique.

Iki gitaramo cyabimburiye ibitaramo bibiri aba bahanzi bari bafite muri Centre Afrique bakise ‘Soiree VIP’ cyebereye  i Bangui umurwa mukuru wa Centre Afrique muri  Hotel Ledger Plaza aho abantu kwinjira byari ukwishyura amafaranga akoreshwa muri Centre Afrique azwi nk’ama CFA ibihumbi makumyabiri (20,000 CFA).

Usibye kandi Ambasaderi w’u Rwanda witabiriye iki gitaramo harimo abandi banyarwanda barimo Col. Kirenga Clever uhagarariye ingabo z’u Rwanda zagiye kugarura no kubungabunga amahoro muri kiriya gihugu cya Centre Afrique hamwe n'abandi bayobozi banyuranye. 

REBA AMAFOTO:

charly na NinaCharly na Nina ku rubyiniro i Bangui muri Centre Afrique

charly na NinaFrious ku rubyiniro

charly na NinaCharly na Nina, Dj Pius, Farious n'umuhanzi wo muri Centre Afrique Ozaguin OZ

charly na NinaNubwo cyari igitaramo cya VIP abantu bageze aho barahaguruka babyinana n'aba bahanzi

 

charly na NinaIbumoso ni Col. Clever Kirenga uhagarariye ingabo ziri mu btumwa bw'amahoro muri Centre Afrique hagati ni umudepite wo muri Centre Afrique na Hon. Amb. Jean Baptiste Habyarimana bitegereza uko igitaramo kigenda

charly na NinaNina aganira na Ambasaderi amushimira kwitabira igitaramo cyabo

charly na NinaCharly na Nina basuhuza Col. Clever uhagarriye ingabo z'u Rwanda ziri muri Centre Africa bamushimira kuza mu gitaramo cyabo

charly na NinaAba bahanzi bifotozanyije na Ambasaderi ifoto y'urwibutso

Dj Pius, Charly na Nina hamwe na Big Fizzo n’umuhanzi Ozaguin Oz ukomoka muri Centre Africa bakaba bafite n’ikindi gitaramo bazakorera kuri Stade yitwa 20000 Places kizaba tariki 14 Gashyantare 2017 ku munsi w’abakundanye.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...