Ni
ku nshuro ya Gatatu Cedric agiye gukora iki gitaramo, kuko icya Kabari cyabaye mu kwezi
k'Ukuboza 2024. Kuri iyi nshuro, igitaramo kizabera muri Salle ya Paroisse Kicukiro (Saint Jean Bosco) Niboye aho azahuza imbaraga na Afrozik Band.
Yabwiye
InyaRwanda ko igitaramo kigamije kugaragaza uburyo umuziki gakondo nyarwanda
ushobora guhurizwa n’injyana ya Jazz. Ibicurangisho gakondo birimo inanga na
djembe bizahuzwa n’ibicurangisho bya kigezweho birimo saxophone, trumpet,
trombone, violin, cello, flute n’ibindi, bigahuza injyana gakondo n’ijyana ya
classical na Jazz.
Cedric
yavuze ko Rutabingwa na Nyirinkindi ari abahanzi akunda cyane, kandi ko
bahurira mu kazi kabo ka buri munsi mu muziki, ibi bigatuma uyu mugoroba ubasha
kuba uwihariye kandi w’ibyishimo ku buryo budasanzwe.
Cedric
Mineur yatangiriye umuziki mu mashuri yisumbuye, aho yize mu Iseminari ntoya ya
Zaza, akomeza umuziki ubwo yagiye muri Kaminuza, aho yize Zoologie and
Conservation. Nyuma yo kurangiza Kaminuza mu 2023, Cedric yahise yinjira muri Chorale de Kigali nk'umuririmbyi n'umucuranzi.
Ku
bijyanye n’umuziki nk’umwuga, Cedric ahamya ko watumye abona ubushobozi bwo
kwitunga, ndetse akanamufasha kubona ibikoresho byo gukora ibitaramo
bitandukanye, bityo umuziki ukaba waramubereye n’ivomo ry’ubushobozi
n’iterambere rye mu mwuga.

Umuririmbyi
n’umucuranzi w’ubuhanga, Cedric Mineur agiye guhuriza hamwe injyana nyarwanda
na Jazz mu gitaramo agiye gukora ku nshuro ya Gatatu
Nyirinkindi azahurira na Cedric Mineur na Rutabingwa mu gitaramo “Rythms of the Soul” ku wa 12 Ukwakira 2025

REBA HAMWE IMWE MU NDIRIMBO BARIRIMBYE UMWAKA USHIZE MU GITARAMO NK'IKI
