Ku wa Gatatu saa Tatu z’ijoro kuri Allianz Arena ni bwo FC Bayern Munich yari yakiriye Rwal Madrid mu mukino wo kwishyura wa 1/4 cya UEFA Champions League nyuma y’uko mu mukino ubanza iyi kipe yo mu Budage yari yatsinze ibitego 2-1
Uyu mukino wo kwishyura warangiye Bayern itsinze Real Madrid ibitego 4 kuri 3 ihita inayisezerera ku giteranyo cy’ibitego 6-4.
Nyuma y’aho byagaragaye ko hari aho abakinnyi babiri ba Real Madrid, Jude Bellingham na Vinicius bashyamiranye.
Hari aho Jude Bellingham yasabye Vinicius kumuha umupira undi ntiyabikora. Ibyo birangiye Jude yahise yerekana ko arakaye ubundi Vinicius amusubiza agira ati: ”Urashaka iki? Ceceka”.
Umutoza wa Real Madrid, Alvaro Arbeloa yavuze ko ikarita ya kabiri y’umuhondo yahawe Camavinga itariyo, yerekana ko ari byo byatumye batsindwa, ashinja umusifuzi kwangiza umukino no kuwica. Ati: "Ntiwasohora umukinnyi kubera igikorwa nka kiriya. Ndatekereza ko umusifuzi atari azi ko Camavinga yari afite umuhondo. Umusifuzi yangije umukino.”
Kuvamo kwa Real Madrid muri Champions League byahise bituma uyu mwaka w’imikino nta gikombe na kimwe kinini itwaye dore ko no muri shampiyona irushwa amanota menshi na FC Barcelona.

Jude Bellingham yasabye umupira Vini arawumwima

Vini yacecekesheje Jude
