Catholic University of Rwanda yohereje abanyeshuri bayo gukorera imenyerezamwuga mu Butariyani-AMAFOTO

Amakuru ku Rwanda - 12/04/2026 11:54 AM
Share:

Umwanditsi:

Catholic University of Rwanda yohereje abanyeshuri bayo gukorera imenyerezamwuga mu Butariyani-AMAFOTO

Catholic University of Rwanda yohereje abanyeshuri bane mu Butariyani bagiye gukora imenyerezamwuga ry’amasomo biga ya “Nursing” binyuze mu bufatanye iyi kaminuza ifitanye n’iya Parma University yo mu Butariyani.

Mu rwego rwo kurushaho kunoza ireme ry’uburezi batanga, Catholic University of Rwanda ifite imikoranire y’igihe kirekire na Parma University yo mu gihugu cy’u Butariyani aho ziyemeje gufatanya gutanga uburezi bufite ireme.

Ubu bufatanye bwabo burimo ibyiciro bibiri; Staff Exchange aho abakozi bo muri Kaminuza ya Parma bashobora kuza mu Rwanda kwigisha no kwiga cyangwa se abo mu Rwanda bakajya kwiga no kwigisha mu Butariyani. Student Mobility aho abanyeshuri bo muri izi kaminuza zombi bafashwa kwimenyereza umwuga muri izo kaminuza zombi.

Muri iyo gahunda ya Student Mobility, abanyeshuri 4 baraye berekeje mu Butariyani aho bagiye gukora imenyerezamwuga ry’amezi abiri hanyuma bakongera bakagaruka mu Rwanda gusoza amasomo yabo. Aba banyeshuri bahagarutse i Kigali ku wa Gatandatu tariki ya 11 Mata 2026.

Tumukunde Mirelle wiga mu mwaka wa kabiri General Nursing, yabwiye InyaRwanda ko yiteze gusarura ubumenyi bwinshi mu gihugu cy’u Butariyani kuko yiteze ko hazaba hari ibikoresho biri ku rwego rwo hejuru bishobora kuba bitari byaba byinshi mu Rwanda.

Yagize ati: “Niteze kungukira byinshi muri uru rugendo, ndizera ko tuzabisangira ningaruka ariko numva ko byanze bikunze hazaba hari ikoranabuhanga riri ku rwego rwo hejuru bityo tugiye guhuza ubumenyi twakuye ku ishuri n’ubw'ahandi, twiyungure byinshi.”

Dushimimana Theobard we avuga ko Catholic University of Rwanda ari nk’umubyeyi ku banyeshuri bayo kuko badahwema kubashakira amahirwe menshi yo kugira ngo babone ubumenyi buri ku rwego rwo hejuru.

Yagize ati: “Ubwo numvaga amahirwe yaje muri kaminuza yacu, numvishe ari byiza cyane kuko nta muntu wari uhejwe ahubwo byasabaga gukora cyane ukabona amanota meza. Kaminuza yacu ni nk’umubyeyi, ntacyo idakora kugira ngo tugire ubumenyi buri ku rwego rwo hejuru.”

Bizimana Protais ushinzwe kwakira abanyeshuri muri Catholic University of Rwanda akaba ari nawe wari waherekeje aba banyeshuri, yavuze ko Parma University bafitanye imikoranire y’igihe kirekire ndetse ko icyiciro cya mbere cy’abanyeshuri cyagiye hazakomeza kubaho ibindi byiciro byinshi.

Yagize ati: “Ubufatanye bwacu buri mu gihe cy’imyaka myishi kandi igihe nikigera hazabaho kuvugurura ayo masezerano ariko ni igihe gihagije. Iki ni icyiciro cya mbere cy’abanyeshuri bacu bagiye ariko hari abari baravuye muri Parma baza iwacu muri Catholic University of Rwanda.”

Catholic University of Rwanda ni ishuri rikuru ryashinzwe na Diyoseze ya Butare rishinzwe na Nyiricyubahiro Musenyeri Phillipe Rukamba wari Umushumba Mukuru wa Diyoseze Gatolika ya Butare mu mwaka wa 2010 ubwo iri shuri ryashingwaga. Mu mwaka wa 2015, iri shuri ryabonye uruhushya rwa burundu rwo gukora.

Umwihariko w’iri shuri ni uko rifite laboratwari zigezweho mu bijyanye na siyanse n’ikoranabuhanga ndetse bagatanga ubumenyi kuri bose hatitawe ku idini abanyeshuri basengeramo ariko akarusho kakaba ari uko batanga uburere bushingiye ku ndangagaciro za Gikirisitu.

Kuri ubu, iri shuri rimaze kuba ubukombe mu kwigisha amasomo arimo Faculty of Science and Technology, Faculty of Catechesis and Religious Sciences, Faculty of Education, Faculty of Business Studies, Faculty of Health Sciences na Faculty of Social work.

By'umwihariko iyi kaminuza ifite amasomo menshi yigisha yo mu cyiciro cya Master’s harimo Master of Education in French, Master of Education in English, Master of Education Technology and Instructional Design, Master of Public Health in Maternal and Child Health, Master of Public Health in Epidemiology and Disease Control, Master of Public Health in Community and Environmental Health na Master of Science in Human Nutrition.

Uretse ayo masomo, Catholic University of Rwanda itanga amasomo y’igihe gito arimo ururimi rw’Igishinwa ndetse na CPA (Certified Public Accountant) abanyeshuri bigira ubuntu.

Iyi kaminuza yigisha mu byiciro bitandukanye aho bafite Undergraduate, Postgraduate, Master’s na Short Courses. Ubu ifite abanyeshuri barenga 5,000 ndetse abashaka kwiyandikisha muri iyi kaminuza bahawe ikaze banyuze ku rubuga rwabo rwa https://www.cur.ac.rw

Iyi kaminuza kandi ififte amashami (Campuses )hirya no hino mu gihugu harimo Campus ya Taba mu karere ka Huye, Save mu Karere ka Gisagara, Kigali Campus ndetse na NGOMA Learning Center. Wifuza kugira icyo usobanuza, uhamagara 0733214677.

Abanyeshuri bane ba Catholic University of Rwanda berekeje mu Butariyani 

Aba banyeshuri berekeje mu Butariyani baherekejwe n'abayobozi kuri Catholic University ndetse n'ababyeyi babo

Mirelle yavuze ko yiteze kuzabonera ikoranabuhanga rihambaye mu Butariyani kandi ko hari ubumenyi azagaruka asangiza bagenzi be basigaye

Theobard yashimiye Catholic University kubwo kubabera nk'umubyeyi ndetse no kubashakira amahirwe menshi hirya no hino ku Isi 

Bizimana Protais ushinzwe kwakira abanyeshuri muri Catholic University of Rwanda yavuze ko imikoranire bafitanye na Parma University ari iy'igihe kirekire



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...