Catholic All Stars na Alex Mutagatifu bavuguruye indirimbo ‘Dusabire Mawe’ ya Padiri Ariston – VIDEO

Imyidagaduro - 04/10/2025 1:20 PM
Share:

Umwanditsi:

Catholic All Stars na Alex Mutagatifu bavuguruye indirimbo ‘Dusabire Mawe’ ya Padiri Ariston – VIDEO

Indirimbo ‘Dusabire Mawe’, iri mu zanyuze imitima ya benshi mu bakirisitu Gatolika, yongeye kubyutsa amarangamutima nyuma y’uko Catholic All Stars bafatanyije na Alex Mutagatifu bayivuguruye, bayisubiramo mu buryo bushya bwa kijyambere, ariko batayambuye umwimerere wayo w’iyobokamana.

Ni indirimbo yahimbwe na Padiri Ariston Ndayiringiye, umusore w’umuhanga mu muziki n’uwihaye Imana uzwi cyane muri Diyosezi ya Ruhengeri.

Padiri Ariston Ndayiringiye wahimbye iyi ndirimbo yabonye izuba tariki ya 3 Ukwakira 1995 mu Karere ka Musanze mu Murenge wa Rwaza, muri Diyosezi ya Ruhengeri. Amashuri abanza yayize ku ishuri rya Rwaza ya Kabiri hagati ya 2003–2008.

Nyuma yakomereje mu Seminari nto ya Nkumba (2009–2014) aho yize ishami rya MCB (imibare, ibinyabuzima n’ubutabire). Asoje amashuri, yakoze akazi k’ubwarimu mu ishuri ribanza rya Sainte Marie des Anges.

Mu 2015 yinjiye muri Seminari nkuru (Rutongo–Kabgayi–Nyakibanda) ahabwa ubupadiri ku wa 20 Nyakanga 2025 muri Paruwasi Katedrali ya Ruhengeri. Ubu akorera ubutumwa muri Paruwasi ya Runaba, aho ashinzwe liturujiya, amakorali ndetse n’umuryango w’abana b’abaririmbyi (Pueri Cantores).

Padiri Ariston yabwiye InyaRwanda, ko yatangiye umuziki akiri umwana muto, akurira mu muryango w’abaririmbyi ba Pueri Cantores yinjiyemo mu mwaka wa 2004 nyuma yo guhabwa isakramentu ry’Ukaristiya.

Aavuga ko ubwo yari ageze muri Seminari nto ya Nkumba, yasanzemo isomo ry’umuziki ritangwa neza, bituma arushaho kuwukunda.

Mu mwaka wa gatatu yatangiye gucuranga inanga mu masengesho ya Seminari, naho mu mwaka wa gatanu ahimba indirimbo ye ya mbere, igisabisho cyakoreshejwe ku munsi mukuru wa Seminari.

Uhereye ubwo, yatangiye no kwandika izindi ndirimbo nyinshi zifite ubutumwa bw’ukwemera n’ugusenga. Ubu amaze kwandika indirimbo zirenga 70, zimwe ziri mu mashusho ziririmbwa n’amakorali nka Pueri Cantores ya Nemba, Pueri Cantores ya Runaba, na Amis des Anges.

Mu ndirimbo ze zamenyekanye harimo: Ukaristiya soko y’ubuzima, Mwamikazi utarasamanywe icyaha, Haguruka mujene, Rubyiruko ntimudohoke, Nimureke abana bansange, Kristu yazutse (Pasika), Yezu yatuvukiye (Noheli), Twishimire amizero (Yubile y’urubyiruko), Mariya wajyanwe mu ijuru n’izindi.

Muri iki kiganiro, Padiri Ariston yasobanuye ko yahimbye iyi ndirimbo ‘Dusabire Mawe’ ku rwego rw’abana ba Pueri Cantores ya Nemba. Iyi ndirimbo yakozwe kugira ngo ifashe abana gusenga no kumenya gukunda Bikira Mariya.

Mu marushanwa yateguwe na SNEC (Ibiro bishinzwe uburezi Gatolika), iyi ndirimbo yararirimbwe n’abana ba Nemba, baratsinda ndetse barabihemberwa. N’ubwo yari indirimbo ngufi igizwe n’ibitero bitatu gusa, yigaruriye imitima ya benshi.

Abana b’i Nemba bakomeje kuyiririmba mu Misa, igenda ikundwa cyane kugeza ubwo yageze muri Paruwasi ya Kanaba, ahitwa Mutungu, aho Alexis Nshimiyimana, uzwi nka Alex Mutagatifu, yayize ayiririmba kenshi kugeza ubwo yayigejeje ku rwego rukomeye.

Padiri Ariston yavuze ko yashimishijwe cyane n’uburyo Alex Mutagatifu yasubiyemo indirimbo ye, ndetse n’uburyo Catholic All Stars bayigaragaje mu buryo bushya, burimo ubuhanga n’ubwitange.

Ati: “Maze kubona aho Alexis Mutagatifu agejeje iyi ndirimbo narishimye cyane, kuko intego y’umuhanzi ni uko ubutumwa buri mu ndirimbo bugera kure. Alexis ni urugero rwiza rw’abana b’abakirisitu, ashobora no kuba isoko y’ihumure n’icyizere ku bandi bana mu gukunda Imana no gukoresha impano zabo mu byiza.”

Padiri Ariston anashimira cyane Catholic All Stars kubera uruhare rwabo mu gukundisha abantu Bikira Mariya. Yavuze ko ari itsinda riri gufasha benshi kumenya agaciro k’Umubyeyi Bikira Mariya nk’umuvugizi w’abantu imbere y’Imana.

Ati: “Catholic All Stars bakoze igikorwa cyiza cyane. Hari benshi batumva neza agaciro k’Umubyeyi Bikira Mariya, ariko izi ndirimbo zibafasha kumusobanukirwa. Uyu Mubyeyi yadukunze by’umwihariko, adusura kenshi nk’igihugu, kandi adusaba gusenga no kwihana.”

Nk’umupadiri ushinzwe amakorali muri Paruwasi ya Runaba, Padiri Ariston avuga ko intego ye ari ugufasha abaririmbyi gukura mu mwuga w’umuziki no gutuma ubutumwa burimo indirimbo bugera kure.

Yongeraho ko, nibona ubushobozi, azakomeza gusohora izindi ndirimbo ze ku buryo zigera ku rwego rumwe na ‘Dusabire Mawe’.

Ati: “Ndifuza ko ubutumwa burimo izi ndirimbo bugera ku bantu benshi. Nibyo by’ingenzi kurusha ibindi – gusakaza urukundo, ukwemera n’amahoro binyuze mu ndirimbo.”

Catholic All Stars na Alex Mutagatifu basubiyemo indirimbo ‘Dusabire Mawe’ ya Padiri Ariston

 

Padiri Ariston Ndayiringiye wahimbye indirimbo ‘Dusabire Mawe’ avuga ko yashimishijwe n'uburyo yakiriwe


 Catholic All Stars bakomeje kumenyekanisha Bikira Mariya binyuze mu ndirimbo

Alex 'Mutagatifu' yamamaye cyane ku mbuga nkoranyambaga bitewe n'uburyo yaririmbye asubiramo iyi ndirimbo ya Padiri Ariston

Perezida wa Chorale Inyange za Mariya, Charles ari mu baririmbye muri iyi ndirimbo 'Dusabire Mawe'

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO ‘DUSABIRE MAWE’ YASUBIWEMO NA  ALEX MUTAGATIFU NA RWANDA CATHOLIC ALL STARS



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...