Ellis yari yavuze ko
Cardi B yamuciriye mu maso ndetse akamukomeretsa yifashishije urwara rwa santimetero zirenga
zirindwi, ubwo bari bahuriye hanze y’ivuriro ry’abagore. Icyo gihe Cardi B yari
atwite inda y’amezi ane, ariko ayo makuru ntiyari yagatangajwe ku mugaragaro.
Urubanza rwaburaniwe mu
rukiko rwa Alhambra rwatumye bivugwa cyane ku mbuga nkoranyambaga, cyane cyane
ubwo Cardi B yitabaga urukiko yambaye imyambaro itavuzweho rumwe,
anatanga ubuhamya bwimbitse ku byabaye.
Cardi B yabwiye
abacamanza ko Ellis yamukurikiraga akamufotora kuri telefone ntamuhe umwanya wo
kugira ubuzima bwe bwite, mu gihe Ellis we yavugaga ko ibyo byamuhungabanyije
bikomeye.
Kugeza ubu, inteko y’abacamanza yasanze Cardi B adafite uruhare mu byaha yashinjwaga birimo gukubita no gukomeretsa, guteza ihungabana rishingiye ku bushake,
uburangare no gufunga umuntu mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Asohoka mu rukiko, Cardi
B yagize ati: “Nkorera amafaranga
yanjye umunsi ku wundi, nkorera abana banjye n'abantu mfasha. Ntihazagire umuntu
wibwira ko azanyirukaho ngo anyambure ibyo nagezeho, ngo nceceke nemere.”
Cardi B yasabye kandi
abafana be kudahutaza Ellis cyangwa umuryango we, nyuma y’uko urubanza rufatiwe
umwanzuro.
Ubuhamya bwatanzwe na
muganga wagombaga gufasha Cardi B ndetse n’umukozi wo ku ivuriro witwa Tierra
Malcolm bwashimangiye ko Ellis ari we watangije intonganya, ndetse ashaka
gusagarira Cardi B, bikaba ari byo byateye ikomere Malcolm yagize mu
kubatandukanya.
Nyuma yo gusuzuma ibyo
byose, urukiko rwanzuye ko Cardi B adakwiye kwishyura indishyi, bityo
agahanagurwaho ibirego byose.
Hanagaragaye abafana bake bari baje kumushyigikira hanze y’urukiko, bamwe bafite ibyapa by’urwenya byerekana urwara rwe rurerure, ibijya gusa neza n'urubanza rwamamaye rwa OJ Simpson.