Mu
gihe urubyiruko rukomeje kwigaragaza mu guhanga udushya hifashishijwe
ikoranabuhanga, sosiyete ya CANAL+ Rwanda yongeye gutangiza ku mugaragaro
irushanwa “Creative Talents” rigeze ku nshuro ya gatatu ku rwego rw’umugabane
wa Afurika, rikaba rigamije kuvumbura no guteza imbere impano z’abakiri bato
bakora ibijyanye na content creation.
Iri
rushanwa rikomeje kwaguka uko imyaka ishira, aho kuri iyi nshuro riri kubera mu
bihugu 13 byo hirya no hino ku mugabane wa Afurika, birimo Bénin, Burundi,
Cameroun, Côte d'Ivoire, Congo, Gabon, Guinée, Mali, Niger, Repubulika
Iharanira Demokarasi ya Congo, Rwanda, Sénégal na Tchad.
Mu
Rwanda, iri rushanwa rigiye kuba ku nshuro ya kabiri nyuma y’uko ritangiye bwa
mbere mu mwaka wa 2025, rikaba ryaritabiriwe n’urubyiruko rugaragaza impano
zitandukanye mu bijyanye no guhanga no gutunganya content.
“Creative
Talents” ni irushanwa rihuza urubyiruko rufite impano mu gukora content,
rigamije kubafasha kugaragaza ubushobozi bwabo, kumenyekana no kubona amahirwe
ashobora kubageza ku rwego mpuzamahanga.
Iri
rushanwa rifunguye ku rubyiruko ruri hagati y’imyaka 18 na 30, rikaba ari
amahirwe akomeye ku bashaka kwinjira cyangwa gukomeza gutera imbere mu ruganda
rw’imyidagaduro n’itangazamakuru rishingiye ku ikoranabuhanga.
Abifuza
kuryitabira basabwe kwiyandikisha mbere y’itariki ya 25 Nzeri 2026 banyuze ku
rubuga rwabugenewe rwa CANAL+.
Abategura
iri rushanwa bagaragaza ko ari igihe cyiza ku rubyiruko rufite impano yo gukora
amashusho, amafoto, inkuru cyangwa ibindi bijyanye no gutunganya no gusangiza
amakuru n’imyidagaduro, kugira ngo berekane icyo bashoboye.
Uretse
kuba ari amahirwe yo kwigaragaza, iri rushanwa rinatanga ibihembo bishimishije
ku bazitwara neza ku rwego rw’igihugu. Uwa mbere azegukana igihembo cya
miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda (1,000,000 RWF), uwa kabiri ahabwe
700,000 RWF naho uwa gatatu agahabwa 500,000 RWF.
Aba
batatu bazahiga abandi mu gihugu cyabo ni bo bazahagararira ibihugu byabo ku
rwego rwa Afurika, aho bazahatanira kwegukana ibihembo bikomeye kurushaho no
kumenyekana ku mugabane wose.
Mu
mwaka ushize wa 2025, iri rushanwa ryasize amateka meza mu Rwanda aho
abaryitabiriye bagaragaje ubuhanga buhanitse, maze Twahirwa Ravannelly, Solange
Nishimwe na Sylvie Sugira begukana imyanya ya mbere, bahabwa ibihembo
byabafashije gukomeza guteza imbere impano zabo no kwagura ibikorwa byabo mu
bijyanye na content creation.

