Ni
igikorwa cyabaye ku nshuro ya gatanu, aho uyu muryango na CANAL+ bimaze imyaka
itanu bifatanya gushaka abana n’imiryango itishoboye ngo ifashwe kuzamura
imibere yabo binyuze mu kubungabunga ubuzima bwiza bw’umwana.
Umwe
mu babyeyi bafite abana bafashwa muri iyi gahunda bishimira cyane ko bafashijwe
ngo abana bajye ku ishuri mu gihe mbere kubera ubushobozi buke bamwe biberaga
mu muhanda.
Nyuma
yo kuvuga ijambo rye, uyu mubyeyi yashimiye ubuyobozi bwa Canal+ mu ndirimbo “Ibi
bintu ni byiza” 
Umuyobozi
ushinzwe itumanaho muri Canal+ akaba ari nawe wari umushyitsi mukuru, Assoumpta
Mukeshimana yavuze ko bashishikajwe no kwita ku mwana ndetse no kwita ku buzima
bwe bw’ejo hazaza.
Yagize
ati “Muri Canal+ twubakiye ku nkingi eshatu. Uburezi, guteza imbere abagore
ndetse no kwita ku bidukikije. Uyu munsi rero muri gahunda yo guteza imbere
uburezi niyo mpamvu twaje gushyigikira aba bana bato kuko mu minsi iri imbere
nibo bazaba barimo n’abakozi ba Canal+.”
Kugeza
aka kanya, Canal+ ndetse n’uyu muryago wa A-Bato bari gufasha abanyeshuri 30
aho muri abo 14 biga mu mashuri abanza.
A-Bato ni umuryango ufite intego igira iti “Kubaka umwana tugamije iterambere ryuzuye tumuteganyiriza ejo heza hazaza.”
Assoumpta Mukeshimana yavuze ko bashishikajwe no kwita ku mwana no kwita ku buzima bwe bw’ejo hazaza
Abana 30 bahawe ibikoresho by'ishuri ndetse banishyurirwa amafaranga y'ishuri y'umwaka wose
