Ku wa Kane saa Kumi n'Ebyiri n’iminota 30 kuri Kigali
Pele stadium ni bwo ikipe ya Rayon Sports izakira Sunrise FC mu mukino wo ku
munsi wa 3 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda ya 2026/2027.
Ni umukino ukomeye ndetse ukaba ufatwa nk’ubukwe kuri
Camarade dore ko asanzwe azwiho kugora amakipe akomeye aho yanyuze hose. Nk’ubu
mu mwaka ushize ari muri Bugesera FC yatsinze Rayon Sports muri shampiyona mu
mukino ubanza.
Ku Cyumweru tariki ya 20
Nzeri 2026 nabwo uyu mutoza afite ubukwe n’umukunzi we Mudacumura
Sunny Fabiola bamaze imyaka irenga itatu bakundana. Yamusabye ko yazamubera
umugore amwambika impeta y’urukundo ku wa 26 Kamena 2026.
Sunrise FC imaze gukina umukino umwe muri shampiyona
aho yanganyije na Etincelles FC 0-0.
Camarade agiye gukora ubukwe n'umukunzi we Mudacumura Sunny Fabiola

Camarade afitanye umukino na Rayon Sports aho nawo uba umeze nk'ubukwe
