‘Affiche’
ya mbere yashyizwe hanze n’abategura iri serukiramuco yagaragazaga ko Juno
Kizigenza ari mu bahanzi baturutse mu Rwanda bagombaga kuhataramira, ariko indi
‘Affiche’ yasohotse yerekanye ko Calvin Mbanda ari we washyizwe mu mwanya we.
Amakuru
aturuka mu bashinzwe gutegura iri serukiramuco avuga ko Juno Kizigenza
atazabasha kuryitabira kubera ko ari mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival
biri kubera hirya no hino mu Ntara z’u Rwanda, aho ategerejwe mu bikorwa
byinshi mu mpera z’uku kwezi.
Calvin
Mbanda, washyizwe mu mwanya wa Juno, ni umwe mu bahanzi bari kuzamuka cyane mu
Rwanda, akaba aherutse gushyira hanze indirimbo nshya yise ‘Bebenjo’ yakiriwe
neza n’abakunzi b’umuziki.
Iri
serukiramuco rizamubereye amahirwe yo kwagura izina rye no kugeza ibihangano
bye ku bakunzi b’umuziki bo muri Uganda.
Uganda
Rwanda Music Festival izabera kuri Lugogo Cricket Oval i Kampala, yateguwe na
KEP Promotions Ltd, ikazahuza abahanzi b’ibyamamare baturutse mu Rwanda no muri
Uganda.
Abahanzi
muri iri serukiramuco barimo Jose Chameleone (Uganda), umwe mu bahanzi bakomeye
mu karere, wamenyekanye mu ndirimbo nka Valu Valu, Tubonge n’izindi. Afatwa
nk’umwe mu bashinze umuzi w’umuziki wa ‘AfroBeat’ ya Uganda.
Ykee
Benda (Uganda) ni umunyabigwi mu njyana ya Afro-pop na Dancehall, wamenyekanye
cyane mu ndirimbo Farmer, ndetse yanigeze kuyobora inama y’ubuyobozi ya Uganda
Musicians’ Association.
Ava
Peace (Uganda) we ni umuhanzikazi uri kuzamuka neza muri Uganda, wamenyekanye
mu ndirimbo Nsitula na Nsitula Love aho akundwa kubera ijwi rye rituje
n’injyana yoroshye.
Dax
Vibes (Uganda), ni muvandimwe wa Jose Chameleone, afite injyana ye yihariye ya
Dancehall n’umwihariko mu myambarire no ku rubyiniro.
Christopher
(Rwanda) yakunzwe cyane mu ndirimbo z’urukundo nka Ijuru rito, ndetse na
Hashtag. Afite ubunararibonye bw’imyaka irenga 15 mu muziki nyarwanda.
Calvin
Mbanda (Rwanda), azwi nk’umuhanzi uri kuzamuka neza, umaze kugera ku bakunzi
benshi binyuze mu ndirimbo ye nshya Bebenjo. Iserukiramuco rizamubereye
amahirwe yo kwagura izina rye hanze y’u Rwanda.
Marina
(Rwanda) we, ni umuhanzikazi wamenyekanye mu ndirimbo ‘Decision’, ‘Love you’
yakoranye na Harmonize, ‘Avec Toi’ n’izindi, azwiho ijwi rifite imbaraga
n’ubushobozi bwo guhuza injyana zinyuranye.
Niyo
Bosco (Rwanda) utegerejwe muri iri serukiramuco ni umuhanzi wihariye mu njyana
ya Afro-Acoustic, uzwi mu ndirimbo nka Ubigenza ute, Piyano, n’izindi. Azwiho
guhanga indirimbo zifite amagambo akora ku mitima, ndetse aherutse kwinjira mu
muziki w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana.
Keny
Sol (Rwanda), wahoze ari mu itsinda rya Yemba Voice, afite ijwi ryihariye
ry’ubwiza n’umwimerere. Aherutse gusohora EP yagaragaje impinduka n’ubukure mu
buhanzi bwe. Aherutse gushyira ku isoko indirimbo ‘Dejavu’.
Itike
yo kwinjira muri iri serukuramuco igabanyijemo ibyiciro bitatu: Gold: 100,000
UGX, Silver: 50,000 UGX ndetse na Bronze: 30,000 UGX
Abifuza ameza (tables) bashobora gutumiza: Ameza y’abantu 4: miliyoni 1 UGX, ameza y’abantu 8: miliyoni 3 UGX, ndetse n’ameza y’abantu 12: miliyoni 5 UGX.
Juno
Kizigenza ntazitabira iserukiramuco rya ‘Uganda Rwanda Music Festival’ kubera
gahunda ya MTN Iwacu Muzika Festival
Calvin
Mbanda yinjijwe ku rutonde rw’abahanzi bazaririmba muri Uganda Rwanda Music
Festival
‘Affiche’
ya mbere igaragaza Juno Kizigenza mu bahanzi bari bategerejwe muri iri
serukiramuco rizaba ku wa Gatandatu w’iki Cyumweru
Calvin
Mbanda agaragara kuri ‘affiche’ nshya nk’uwasimbuye Juno Kizigenza muri iri serukiramuco rizahuza abanya-Uganda n'Abanyarwanda