Calvin Mbanda yakoze indirimbo ya mbere nyuma yo kuva muri The Mane-VIDEO

Imyidagaduro - 16/09/2021 11:41 AM
Share:

Umwanditsi:

Calvin Mbanda yakoze indirimbo ya mbere nyuma yo kuva muri The Mane-VIDEO

Umuhanzi Calvin Mbanda yasohoye amashusho y’indirimbo ya mbere yise “Fina " nyuma y’uko avuye mu inzu ifasha abahanzi mu bya muzika ya The Mane.

Muri Nyakanga 2021, ni bwo INYARWANDA yatangaje ‘bwa mbere’ ko Mbanda John [Calvin Mbanda] yamaze kubwira ubuyobozi bwa The Mane ko atazakomeza gukorana nabo. Ni icyemezo yafashe nyuma yo kubona ko akeneye gukora impinduka mu muziki we, kandi habaka hari ibyo The Mane itamukoreraga nk’uko yabishakaga.

Uyu muhanzi yasabye kuva muri The Mane nyuma y’uko Gahunzire Aristide wari umujyanama wa The Mane n’umuhanzikazi Queen Cha basohoye itangazo rigenewe Abanyamakuru basezera muri iyi nzu bari bamazemo igihe kitari gito.

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO ‘FINA’ YA CALVIN MBANDA

Mbanda yinjiye muri The Mane nyuma y’uko atsinze irushanwa bari bateguye bafatanyije na TECNO. Muri iyi Label, yahakoreye indirimbo zitandukanye ‘Aba People’, ‘All i need’ ndetse n’izo yahuriyemo n’abandi bahanzi nka ‘Ikanisa’, ‘Nari High’ n’izindi.

Nyuma yo kuva muri The Mane, Calvin Mbanda yahise afungura shene ye ya Youtube cyane ko indirimbo za mbere zabanje ziri kuri The Mane. Asohora indirimbo ye ya mbere yise “Fina " yavuze ko yishimiye kuyisangiza abafana be n’abakunzi b’umuziki, abasaba kumushyigikira.

Calvin Mbanda yabwiye INYARWANDA, ko iyi ndirimbo ivuga ku mukobwa w’agaciro kanini ku buryo umusore wese atakoroherwa no kumutereta. Ati “Fina ni izina ry’umukobwa uri ku rundi rwego ku buryo aba ataguha umwanya ubona nta mahirwe na macye ashobora ku guha mu rukundo. Ni umukobwa uba uri ku rwego ruri hejuru, umutinya."

Uyu muhanzi yavuze ko atarabona abamufasha mu muziki ariko afite icyizere. Clavin Mbanda yafashe icyemezo cyo kuva muri The Mane nyuma y’uko amaze amezi atandatu nta ndirimbo asohora. 

Ni umwe mu bahanzi b’abahanga, benshi bagiye bibaza ku iterambere rye ahanini bitewe n’uko atashyigikiwe mu muziki we nk’uko abandi bari mu kigero kimwe nawe babikorewe.

Iyi ndirimbo ‘Fina’ yanditswe na Calvin Mbanda. Amajwi (Audio) yakozwe ma Element wo muri Country Record naho amashusho (Video) yatunganyijwe na Easy Cuts.

Calvin Mbanda yasohoye amashusho y'indirimbo ya mbere nyuma yo kuva muri Label ya The Mane  Mbanda yavuze ko atarabona abamufasha mu muziki ariko ngo afite icyizere
Calvin Mbanda aherutse kuririmba mu iserukiramuco rya Iwacu Muzika Festival

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘FINA’ YA CALVIN MBANDA


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...