Cabral yegukanye igihembo cy'igitego cyiza mu Gikombe cy'Isi cya 2026 ahigika Messi na Mbappé

Imikino - 29/07/2026 8:54 AM
Share:

Umwanditsi:

Cabral yegukanye igihembo cy'igitego cyiza mu Gikombe cy'Isi cya 2026 ahigika Messi na Mbappé

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) ryatangaje ko rutahizamu w'ikipe y'igihugu ya Cabo Verde, Sidny Lopes Cabral, ari we wegukanye igihembo cya Hyundai Goal of the Tournament cyatangiwe mu Gikombe cy’Isi cya 2026, atsinda abandi bakinnyi bari bahataniye iki gihembo, barimo Lionel Messi na Kylian Mbappé.

Iki gihembo gihabwa igitego cyiza kurusha ibindi byose byatsinzwe muri iri rushanwa, aho Cabral yacyegukanye nyuma y'igitego cy’akataraboneka yatsinze Argentina mu mukino wa 1/16, nubwo Cabo Verde yaje gutsindwa ibitego 3-2.

Icyo gitego cyatumye Cabral atsinda mu majwi ibindi bitego byiza byari byatsinzwe na Eldor Shomurodov wa Uzbekistan na Wilson Isidor wa Haiti, barangiza ku mwanya wa kabiri n’uwa gatatu.

Ku ruhande rwa Lionel Messi, wari umwe mu bakinnyi bari bahanzwe amaso muri iri rushanwa, yatsinze ibitego byinshi byashimiwe cyane. Harimo icyo yatsinze Cabo Verde nyuma yo kwakira umupira neza awutera ako kanya, ndetse n'icyo yatsinze Misiri, umupira ugakora ku giti cy'izamu cyo hejuru mbere yo kwinjira.

Kylian Mbappé na we yagize irushanwa rikomeye, aho yasoje ari we wegukanye Golden Boot nyuma yo gutsinda ibitego 10. Nubwo yagaragaje ubuhanga budasanzwe, ntiyabashije kwegukana igihembo cy’igitego cyiza kurusha ibindi.

Si iki gihembo gusa Messi na Mbappé bahushije. Mbere yaho kandi bombi bari batsinzwe mu guhatanira Golden Ball, igihembo gihabwa umukinnyi wahize abandi muri iri rushanwa, cyegukanwe n’Umunya-Espagne Rodri, nyuma yo gufasha Espagne gutwara Igikombe cy’Isi itsinze Argentina ku mukino wa nyuma wabaye tariki ya 19 Nyakanga 2026.

Nyuma yo gutangazwa nk’uwatsinze, Cabral yavuze ko igitego cye cyaje nyuma yo kubona icyuho akemeza kugerageza amahirwe.

Yagize ati: "Maze guca ku mukinnyi, nabonye icyuho ndibwira nti reka ngerageze. Nshobora gutera neza n'amaguru yombi. Nerekeje umupira mu nguni yo hejuru, nkimara kuwutera mbona ugiye kwinjira ndibaza nti: ‘Ese ni iki maze gukora?’ Byari inzozi zisohoye."

Yakomeje avuga ko yirutse yishimira igitego atabanje gutekereza, kuko yumvaga ari ibintu bidasanzwe gutsindira igitego nk'icyo mu Gikombe cy’Isi, kandi akagitsinda ikipe ikomeye nka Argentina.

Uyu mukinnyi w’imyaka 23 yavuze kandi ko mbere y’umukino yari yasezeranyije nyina n’umukunzi we ko naramuka atsinze bazakishimira hamwe. Ariko agezeyo asanga nyina yari yaguye igihumure kubera ibyishimo byinshi nyuma yo kubona umuhungu we atsinda igitego cyiza.

Cabral yanatangaje ko nyuma y’umukino yakiriye ubutumwa bwihariye bwamushimishije cyane buturutse ku wahoze ari myugariro wa Real Madrid n'ikipe y'igihugu ya Brazil, Marcelo, umwe mu bakinnyi afata nk'icyitegererezo.

Yagize ati: "Marcelo yambwiye ko yatoye igitego cyanjye nk'icyiza kurusha ibindi muri iri rushanwa. Naratunguwe cyane kuko nkiri muto namureberagaho kubera uburyo yakinaga n'ubuhanga bwe. Byari iby'agaciro gakomeye kuri njye."

Iki gihembo gitumye Sidny Lopes Cabral yinjira mu mateka y’abakinnyi begukanye Hyundai Goal of the Tournament, asimbuye Richarlison, Benjamin Pavard, James Rodríguez, Diego Forlán na Maxi Rodríguez, bose bahoze begukana iki gihembo mu marushanwa yabanje.

Cabral yegukanye igihembo cy'igitego cyiza mu Gikombe cy'Isi cya 2026 ahigika Messi na Mbappé


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...