The Ben yabigarutseho ku wa 4 Nzeri
2026, ubwo yari mu Kinigi mu Karere ka Musanze, aho yari yatumiwe gususurutsa
abitabiriye umuhango wo Kwita Izina ku nshuro ya 21, aho abana b’ingagi 22
bahawe amazina.
Uyu muhanzi usanzwe ari mu bafite
izina rikomeye mu muziki nyarwanda, yabwiye InyaRwanda ko Kwita Izina ari
umuhango wihariye ku Banyarwanda, kuko utari umwanya wo kwishimira gusa
ibyagezweho mu kubungabunga ingagi, ahubwo ari n’amahirwe yo kugeza ku Isi
isura nziza y’u Rwanda.
Ati “Ni iby’agaciro kuba muri ibi
birori. Ni ibirori ngaruka mwaka, igihe cyose mbigiramo uruhare, mba numva
binejeje.”
The Ben si mushya muri uyu muhango.
Mu 2017, yigeze gushyirwa ku rutonde rw’abantu bahawe inshingano zo kwita izina
umwana w’ingagi, maze amwita ‘Uruyange’.
Nyuma y’imyaka, kuba yongeye kugira
uruhare mu bikorwa bifitanye isano na Kwita Izina, abifata nk’ikintu cyihariye
cyane.
Ati “Ni umuhango ukomeye. Ni
umuhango twubaha nk’Abanyarwanda, kuko ufite aho uhuriye no kugaragaza ibyiza
by’Igihugu cyacu ku banyamahanga, ndetse no ku Banyarwanda muri rusange.”
The Ben avuga ko umuhanzi cyangwa
undi muntu uhawe amahirwe yo kwita izina umwana w’ingagi aba ahawe umwanya
w’agaciro udasanzwe.
Ku bwe, kuba umuhanzi agize uruhare
muri uyu muhango, ntibireba umuziki we gusa, ahubwo bimushyira mu gikorwa
gifite ubutumwa burenze imyidagaduro.
Ati “Kuba umwe mu bagize uruhare
muri iki gikorwa ni ikintu cy’agaciro. Icyiza kirimo, ni uko aba ari umwe mu
bagize uruhare muri iki gikorwa, rero ni iby’agaciro cyane.”
Yongeraho ati “Ikintu cyonyine
kirenze ni ugutoranywa kugira uruhare muri iki gikorwa!”
Aya magambo agaragaza uburyo The
Ben abona Kwita Izina nk’umwanya udasanzwe wo gukorera igihugu no kugira
uruhare mu bikorwa bigaragaza u Rwanda ku rwego mpuzamahanga.
Uretse Kwita Izina, The Ben ari mu
bihe byo kwishimira uburyo indirimbo ye nshya ‘Inshallah’ iri kwakirwa
n’abakunzi b’umuziki.
Uyu muhanzi yavuze ko afite gahunda
yo gukomeza guha abakunzi be umuziki mushya, ariko agashyiraho umwihariko:
indirimbo nshya izasohoka ari uko ‘Inshallah’ igeze ku bantu miliyoni eshanu
bayirebye.
Ati “Miliyoni eshanu z’abayirebye
nizigera nk’uko nabivuze, nubwo mbona ziri kwihuta, ndabaha indi ndirimbo. Ni
yo gahunda.”
Ibi bivuze ko The Ben yahaye
abakunzi be intego yo gukurikirana no gushyigikira ‘Inshallah’, mbere y’uko
abaha indi ndirimbo nshya.
Mu gihe ‘Inshallah’ ikomeje
kwitabirwa, hari amakuru avuga ko The Ben ari gutegura indi ndirimbo yakoranye
n’umuhanzi w’Umunya-Uganda Jose Chameleone.
Nubwo igihe nyacyo izasohokera
kitaratangazwa, uyu mushinga ushobora kuba umwe mu izakurikira kuri The Ben, mu
gihe yaba asoje ibyo yasabye abakunzi be kuri ‘Inshallah’.
Niramuka isohotse mbere y’igitaramo
cya ‘Comedy Store’ giteganyijwe kwizihiza imyaka 10 ibera i Kampala, The Ben na
Jose Chameleone bashobora kuzayisangiza abakunzi babo kuri stage.
The Ben azaba ari mu bahanzi
batumiwe muri iki gitaramo, aho azahurira n’abandi bakomeye barimo Diamond
Platnumz ndetse n’abahanzi batandukanye bo muri Uganda.
Kuri The Ben, rero, ibi byose bibaye mu gihe ari gukomeza kwagura ibikorwa bye mu muziki, ariko akaba anashimangira ko hari indi nshingano abona ifite agaciro karenze umuziki: kugira uruhare mu bikorwa bigaragaza u Rwanda n’ibyiza byarwo ku Isi.

The Ben yatangaje ko umuntu wahawe
umwanya wo Kwita Izina abana b’ingagi bimwongerera agaciro ku buryo afatwa muri
sosiyete /Ifoto: TNT
KANDA HANO UBASHE KUREBA UKO THEBEN YITWAYE MU BIRORI BYO KWITA IZINA ABANA B’INGAGI
