Ibi byemejwe kuri uyu wa Mbere n’ubuyobozi bw’iyi kipe mu gihe iri gutegura umwaka w’imikino wa 2026/27, aho ishobora gukora impinduka zikomeye mu bakinnyi no mu bakozi bayo.
Abenshi muri aba bakinnyi bageze muri Police FC mu mpeshyi ya 2024. Allan Kateregga, Ani Elijah, David Chimezie na Richard Kilongozi bari mu banyamahanga bashya iyi kipe yasinyishije mbere ya shampiyona ya 2024/25.
Ku ruhande rwa Byiringiro Lague, yageze muri Police FC muri Mutarama 2025 avuye muri Sandvikens IF yo muri Suwede, asinya amasezerano y’amezi 18 nyuma y’uko yari amaze imyaka ibiri akina i Burayi.
Amakuru ari kuvugwa muri Police FC agaragaza ko impinduka zitararangira kuko abakinnyi barenga 8 bashobora kutazakomezanya n’iyi kipe. Muri bo harimo Issah Yakubu usoje amasezerano, Rurangwa Moses usigaranye umwaka umwe, Emmanuel Okwi, Ndizeye Samuel ndetse na Ishimwe Christian.
Si abakinnyi gusa bari gusezererwa kuko amakuru yizewe avuga ko Police FC yamaze no gutandukana na Team Manager Aimable Ntarengwa ndetse na Kit Manager Sylvestre.
Nyuma yo gusoza umwaka ushize itabashije kugera ku ntego zayo, Police FC iri gutangira gahunda nshya yo kuvugurura ikipe mbere yo gutangira imyiteguro y’umwaka utaha w’imikino.

Police FC yatandukanye na Byiringiro Lague, Ani Elijah, David Chimezie, Allan Kateregga, Henry Musanga na Richard Kilongozi Bazombwa
