Byinshi kuri Sherrie Silver wujuje imyaka 30 akazirikanwa n'abarimo The Ben, Pamella na Element

Imyidagaduro - 28/07/2024 11:57 AM
Share:
Byinshi kuri Sherrie Silver wujuje imyaka 30 akazirikanwa n'abarimo The Ben, Pamella na Element

Sherrie Silver umwe mu bahanga mu kubyina no kuyobora imbyino mu mpuzamahanga,yazirikanwe na benshi mu byamamare ku munsi we w’amavuko aho yujuje imyaka 30.

Mu gihe Sherrie Silver ageze kure imyiteguro y’ibirori bya mbere azakorera mu Rwanda ku wa 07 Nzeri 2024 aho bizabera muri Kigali Convention Center.Ubwo yizihizaga isabukuru benshi mu byamamare bamuzirikanye guhera kuri The Ben wamwifurije isabukuru nziza y’imyaka 30 nka mushiki we.

Uwicyeza Pamella na we mu butumwa butandukanye, yagaragaje ko yifurije uyu mukobwa kuzagira umwaka mwiza, amwifuriza n’ibyiza byose kandi amwibutsa ko amukunda.

Element, Divine Uwa n’abandi batandukanye bakomeje kugenda bamwifuriza ibyiza mu buzima.


Tukaba twifuje kugaruka ku mateka y’uyu mukobwa:


Sherrie Silver afite umubyeyi umwe ukomoka mu Rwanda n'undi w’Umwongereza,yamamaye cyane ubwo yayoboraga imbyino z’indirimbo yabiciye bigacika muri 20218 ya Childish Gambino yitwa ‘This Is America’ yegukanye ibihembo bitandukanye.

Uyu mukobwa akaba yujuje imyaka 30 kuko yabonye izuba ku wa 27 Nyakanga 1994 kuri Florence Silver, Se umubyara yishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Silver na Mama we baje kwerecyeza mu Bwongereza, ubwo uyu mukobwa yari agize imyaka 5 yaje kwiga ibirebana n’ubuhanzi anagira uruhare mu gufasha ababurimo kuva mu buto bwe.

Mu bihe bitandukanye yagiye yumvikana ashima imiyoborere n’ubufasha yagiye ahabwa mu bihe bitandukanye na Perezida Kagame.

Afite kandi impamyabumenyi ya Kaminuza mu birebana n’Iyamamazabikorwa.

Uyu mukobwa agaragara mu ndirimbo ya ‘This Is America’ ari nawe wayiyoboye mu buryo bw’imbyino,yanegukanye MTV VIDEO Music Awards.

Silver kandi akorana nIkigega cy’Umuryango w’Abibumbye cyashyiriweho Iterambere ry’Ubuhinzi mu gushishikariza urubyiruko kuyoboka uyu mwuga cyangwa gukorera ubuvugizi uruwurimo byanatumye mu 2019 ahura na Papa Francis.

Amashusho ya Silver yigisha Umuyobozi Mukuru w’Ishami rya Loni ryita ku Buzima, OMS, Tedros Adhanom Ghebreyesus kubyina hari muri 2023 yaramamaye cyane.

Agenda yitabazwa mu bitaramo, mu gutanga ibiganiro mu bikorwa byagutse n’ibindi.

Kuri ubu kandi afite umuryango yatangije ufasha abana yaba mu buryo bw’imyigire isanzwe no gukomeza kubasha kuzamura impano zabo.Afite uduhigo twihariye, aha yasuhuzanyaga na Papa Francis hari mu mwaka wa 20192023 yagaragaye yigisha uburyo bw'imibyinire Dr Tedros, Umuyobozi Mukuru wa OMS Ifoto y'urwibutso ya Sherrie Silver n'abana b'impanga afasha bari kumwe na Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame 

 

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...