Hari undi murongo uboneka mu Abakolosayi 3: 5 wo ugira
uti “Ku bw’ibyo rero, mwice ingingo z’imibiri yanyu zo ku isi ku birebana
n’ubusambanyi, ibikorwa by’umwanda, irari ry’ibitsina, ibyifuzo byangiza no
kurarikira, ari byo gusenga ibigirwamana."
Ingingo ijyanye no guhuza ibitsina hagati
y’abatarashakana ntivugwaho rumwe. Ariko kandi yaba abashakanye cyangwa se
abatararushinga, hari abo usanga barabaswe n’imibonano mpuzabitsina, ku buryo
avuga ko atabaho atayikoze kenshi gashoboka.
Abahanga bavuga ko ibi ari indwara, kandi bamaze
kuyibonera izina bayita ‘Nymphomanie’.
Nymphomanie ni uburwayi budakunze kugaragara cyane aho
umuntu afatwa n’ubushake bukabije bwo gukora imibonano mpuzabitsina ndetse
n’igihe agize amahirwe akayikora ntanyurwe.
Iyi ndwara yo guhora ushaka gukora imibonano
mpuzabitsina ituma umuntu ahorana iki cyifuzo iminsi yose, amasaha yose
bigatuma yiheza mu bandi kuko aba yumva bimuteye isoni n’agahinda ko kutamera
nk’abandi dore ko iyi ndwara inabangamira bikomeye uyirwaye.
Abantu barwaye iyi ndwara bitwa 'Sexaholic' mu ndimi
z'amahanga bisobanuye umuntu wabaswe no gukora imibonano mpuzabitsina.
N’ubwo abaganga batarabona impamvu nyayo itera iyi
ndwara bagenda bavumbura zimwe na zimwe bakeka ko zaba arizo.
Muri zo harimo agahinda gakabije no kwigunga, kuba
amarangamutima yawe cyangwa ibyiyumviro byawe bihora bihindagurika, waba
wishimye mu minota mike ukaba ubabaye mu kandi kanya ukaba urakaye mu kandi
kanya urira, ndetse no kuba waragiye ubabazwa cyane n’abantu mudahuje igitsina.
Ibi byose rero bituma ahora yumva ari wenyine kandi
abenshi bakumva ko imibonano mpuzabitsina aricyo gisubizo rukumbi cy’ubwo bwigunge
atanayikora akabura amahoro muri we akumva hari icyo abura gikomeye.
Ibimenyetso
bigaragaza ko umuntu yabaswe no gukunda imibonano mpuzabitsina ku kigero
gikabije:
1.Kumva
ukeneye gukora imibonano mpuzabitsina ku kigero gikabije
Umuntu watangiye kubatwa n’uburwayi bwo gukunda
igitsina ku buryo bukabije, inshuro nyinshi yumva muri we akeneye gukora
imibonano mpuzabitsina kenshi, kandi aho ariho hose ibyo bitekerezo akumva
bizamuka muri we.
Akenshi usanga umuntu wageze kuri uru rwego, aba
atagishobora kugenzura amarangamutima yo gukora imibonano mpuzabitsina ahubwo
ariyo amugenzura.
Abenshi muri aba bishora mu bikorwa bigayitse byo kwikinisha
kugira ngo bimare irari ry’umubiri uba ubarya ubasaba kubikora.
2.Kunanirwa
kuzuza inshingano zawe za buri munsi nko gusiba akazi kugira ngo wimare irari
Aha umuntu urukundo afitiye ibi bikorwa byo gutera
akababriro bitangira kugira ingaruka mbi ku nshingano ze za buri munsi, nko
gukererwa akazi, gusiba n’ibindi kugira ngo abone umwanya wo gusambana.
Ikibazo si ugusiba akazi ahubwo ikibazo n’uko ubwonko
bwawe n’intekerezo uba utagishoboye kuzigenzura ahubwo ugiye kuba imbata yabyo.
Iyo umuntu yageze kuri uru rwego aba atangiye urugendo
rwo kubatwa, ndetse no kwigarura bikaba bitagishobotse keretse ahawe ubufasha
bw’abaganga.
3.Kubatwa
no kureba amashusho y’urukozasoni no kumva hari ikintu gihora kigukurura
gukurikirana amafoto y’abambaye ubusa ku mbuga nkoranyambaga
Bimwe mu bintu biranga umuntu umaze kubatwa n’iyi
ngeso mbi yo kubatwa n’imibonano mpuzabitsina ni guhora kuri murandasi, akurikirana
amashusho y’urukozasoni (filime porunogaraphique).
Aha, atangira gutakaza igihe cye kinini abikurikirana.
Ibi binatangira kugira ingaruka ku musaruro we mu byo akora mu buzima bwa buri
munsi.
4.Guca
inyuma umukunzi/umufasha wawe inyuma kenshi
Ku muntu umaze kubatwa n’uburwayi bwo gukunda
imibonano mpuzabitsina ku kigero kiri hejuru cyane, ntaba akinyurwa n’umukunzi
we cyangwa umufasha we gusa, hubwo atangira no gusakuma ku bandi
Agatangira kugana inzu z’indaya. Akirirwa ku mbuga
nkoranyambaga yiruka ku basore cyangwa abakobwa ashuka. Iki akaba ari ikintu kigaragaza
ko yamaze kurunduka, umwanya munini usanga nta kindi kiganje mu ntekerezo ze buretse
imibonano mpuzabitsina.
5.Guhoza
mu rurimi rwawe amagambo yo gukora imibonano mpuzabitsina no gutinyuka kwambara
ubusa ku karubanda
Bimwe mu binyemetso ubwonko bw’umuntu umaze kubatwa
n’indwara yo gukunda igitsina bugaragaza ni ukumutegeka kwamabara ubusa ku
karubanda, bigamije kureshya no kuzamura irari ry’abamureba.
Ibi akabikora nta soni ndetse yumva ko ari
n’uburenganzira bwe. Amagambo agamije kwerekana ko akunda icyo gikorwa akiganza
mu kanwa ke.
Ibi nabyo bikaba biba bigamije kwereka abantu ko
amarembo afunguye. Ko uwabishaka ari ‘karibu’.
6.Gukorera
imibonano mpuzabitsina mu y’indi myanya itaragenewe icyo gikorwa no kugerageza
ibikorwa bidasanzwe muri icyo gikorwa
Umuntu umaze kubatwa, abenshi muribo batangira kumva
batakinyurwa nicyo gikorwa, iyo cyakorewe mu mwanya wagenywe, ahubwo
bakagerageza no mu kanwa, mu kibuno n’ahandi bagamije kureba ko bazamura ikigero
cy’ibyishimo bakuramo.
Kugeza ubu nta muti nyawo iyi ndwara irabonerwa. Gusa
bimwe mu bimenyetso byayo nko kwigunga n’agahinda gakabije n’ibindi byinshi
bijyanye n’amarangamutima ababamo, bigomba kuganirizwa abaganga babishinze abo
bita mu ndimi z’amahanga “Psychologue ".
