Imikino ya BAL [Basketball Africa League] imaze iminsi
ibera i Kigali yahagurukije ibyamama bitandukanye harimo na Eudoxie umugore w’icyamamare
muri Hip Hop na sinema, Ludacris.
Tukaba twifuje kugaruka ku buzima bw’uyu mugore wavukiye
muri Afurika akaza kwerekeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ludacris na Eudoxie
Bridges bamaze imyaka igera ku 10 baseranye kubana nk’umugabo n’umugore.
Aba bwa mbere bakaba
barahuriye mu gikorwa cyo gufasha cyitwa LudaDay hari mu 2008,bidatinze bakaba barahise batangira gukorana.
Mu mwaka wa 2014 bakaba ari bwo basezeranye kubana akaramata kabayarana Chance Oyali wavutse mu 2021.
Ludacris ariko akaba yari asanzwe afite abandi bana b’abakobwa
aribo Karma na Cai nabo afatanya na Eudoxie kurera.
Muri Kamena
2021, Ludacris yumvikanye avuga ko yamukundiye uburyo ari mwiza kandi aba
ashaka guharanira no kugera kure hashoboka.
Mu bihe bitandukanye
baba bagenda basangira amagambo aryohereye babinyujije ku mbuga nkoranyambaga.
Eudoxie Bridges
akaba yaravukiye mu Burengerazuba bwa Afurika mu gihugu cya Gabon.
Yageze muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ari umwangavu uzi amagambo atatu yonyine y’icyongereza.
Mu 2020 nibwo
Ludacris na we yahawe ubwenegihugu bwa Gabon hamwe n’abana babo.
Benshi mu
bavandimwe ba Eudoxie baracyatuye muri Gabon gusa bakomeza kugirana ibihe byiza
uko bishoboka aho ababa hafi cyane.
Mu bihe bya
COVID19 byarushijeho aho yabafashije kubinyuramo dore ko we n’umugabo we
amafaranga atari ikibazo.
Mu 2018 aba
bombi bateranye imitoma bidasanzwe bishimira imyaka 10 bamaze bamenyanye.
Ahishura ko bamaze
igihe batari banasomana muri 2009 aribwo byabaye.
Ikintu gitangaje ni uburyo umunsi Luda yambika impeta Eudoxie ari nawo bahise banakora ubukwe.
Mu bihe
bitandukanye babasangiza amafoto n’amashusho agaragaza uburyo ari ababyeyi
bishimye b’abakobwa babo bane barimo babiri babyaranye.
Eudoxie yabonye
izuba mu 1986 bivuze ko agize imyaka 38.Eudoxie na Ludacris n'umuryango wabo urimo n'umukobwa muto bahisemo kurera
Umunsi Ludacris yambikiyeho impeta Eudoxie ni na wo basezeraniyeho ibintu bidasanzwe
Ludacris na Eudoxie bamaze imyaka 16 baziranye muri iyo 10 babana mu byishimo nk'umugabo n'umugore