Byateje impagarara! Umugabo yasubitse ubukwe bwe habura umunsi umwe gusa ngo bube

Urukundo - 19/09/2026 12:37 PM
Share:

Umwanditsi:

Byateje impagarara! Umugabo yasubitse ubukwe bwe habura umunsi umwe gusa ngo bube

Umugabo w’umunya-Nigeria witwa Samuel Isaac Ogbonnaya yateje impagarara n’impaka z’urudaca ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gutangaza ko ubukwe bwe n’umukunzi we Gift Oriaku butakibaye, aho haburaga umunsi umwe gusa umuhango w’ubukwe bwabo ube.

Samuel yabitangaje ku wa 18 Nzeri 2026, abinyujije ku rukuta rwe rwa Facebook, mu gihe ubukwe bwe na Gift bwari buteganyijwe kuba kuri uyu wa 19 Nzeri 2026. Yavuze ko habayeho “ibintu bidasobanutse byavutse bitunguranye” bituma afata umwanzuro wo guhagarika ubukwe.

Ntabwo yatangaje mu buryo burambuye ibyo bibazo cyangwa ibyabaye hagati ye na Gift byatumye afata uwo mwanzuro. Ibi bivuze ko impamvu nyayo yatumye ubukwe busubikwa itaramenyekana.

Yasabye imbabazi abantu bose bari bamaze kwitegura uyu muhango ndetse n’abari bafite izindi nshingano muri ubu bukwe. Yabasabye gukomeza kubashyigikira no kubasengera muri iki gihe, nyuma y’iki cyemezo cyafashwe hasigaye amasaha make ngo ubukwe bube.

Iki cyemezo cyatunguranye kuko ubukwe bwari bumaze gutegurwa kandi itangazo ryo kubuhagarika rikaba ryasohotse ku munsi ubanziriza umuhango nyirizina. Kugeza ubu, nta yandi makuru yatangajwe asobanura neza ibyabaye hagati ya Samuel na Gift cyangwa niba hari igihe ubukwe bwabo bushobora gusubukurirwa.



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...