Nyuma
y’uko Diez Dola akoze indirimbo "Extra Stamina" igakundwa n’abatari bake
aho kuri ubu imaze kurebwa n’abasaga miliyoni eshatu kuri YouTube, kuri ubu
arimo kubarizwa i Goma muri Repubulica Iharanira Demokarasi ya Congo aho yagiye
gushakisha murumuna wayo.
Amakuru InyaRwanda yahawe ni uko uyu muhanzi
amaze icyumweru ari kubarizwa muri icyo gihugu kugira ngo abe yabasha gukora
ku nganzo ye nta birangaza. Amakuru kandi yemeza ko uyu muhanzi yajyane na
Producer Prince Kiiiz usanzwe ari we umukorera wihariye (personal producer).
Mu kiganiro na InyaRwanda, ushinzwe
iyamamaza bikorwa bya Blaq Wave ibarizwamo Diez Dola, Freddy Musoni usanzwe ari
n’umunyamakuru wa Isibo Tv, yavuze ko uyu muhanzi n’ikipe yabo bazamara
ibyumweru bibiri i Goma mu rugendo rwo gushaka indirimbo ikurikira Extra
Stamina.
Yagize ati: "Umuhanzi aba akeneye kujya kure y’ubuzima asanzwe abamo kugira ngo atyaze ingazo ye, ari i Goma, ari kumwe na producer we kuva na mbere bityo twizeye icyo bazakurayo."

Diez Dola yerekeje i Goma

Prince Kiiz ari gukorana na Diez Dola umushinga uzakurikira "Extra Stamina"
REBA INDIRIMBO 'EXTRA STAMINA' DIEZ DOLA AHERUKA GUSHYIRA HANZE
