Byasabye imyaka 13 kugira ngo Lionel Sentore ahure n’umubyeyi we

Imyidagaduro - 11/12/2025 9:46 AM
Share:

Umwanditsi:

Byasabye imyaka 13 kugira ngo Lionel Sentore ahure n’umubyeyi we

Mu rukundo rudasanzwe rureremba hagati y’umwana na nyina, Lionel Sentore yongeye kugira umwanya wo guhoberana n’umubyeyi we (Mama) nyuma y’imyaka 13 yose batabonana, kuko babarizwa mu bihugu bitandukanye.

Ni urugendo rufite amarangamutima, rufite isomo, kandi rwerekana ukuntu ubuzima bugenda busunika abantu mu mihanda itandukanye, ariko umutima ugakomeza kubahuza.

Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 10 Ukuboza 2025, Lionel Sentore wamamaye mu ndirimbo nka “Uwangabiye” yageze muri Canada, igihugu cyamuhuje n’umubyeyi we nyuma y’igihe kinini abitegereje.

Lionel Sentore asanzwe akorera umuziki mu Bubiligi, ariko ntiyakunze kuvuga cyane ku rugendo rwe rwo kureba umubyeyi we.

Ubusanzwe atuye mu Bubiligi ari naho yubakiye ubuzima bwe bwa buri munsi n’urugendo rwe rw’umuziki we.

Ubwo Lionel yasesekaraga ku kibuga cy’indege cya Canada, ntiyajyanywe no gukora igitaramo gusa, ahubwo byari n’umwanya mwiza kuri we wo guhura n’umubyeyi we.

Yasohoye amashusho ku rubuga rwe rwa Instagram, amugaragaza ahoberana n’umubyeyi we ubwo yamwakiraga ku kibuga cy’indege; bahoberanye bashirana urukumbuzi.

InyaRwanda yabonye amakuru yizewe avuga ko Lionel Sentore na Mama we baherukanaga mu 2012 bari mu Rwanda. Icyo gihe, buri umwe yafashe indege yerekeza mu Bubuligi, n’aho undi yerekeza mu gihugu cya Canada.

Lionel Sentore yageze muri Canada mu rugendo rw’uruhererekane rw’ibitaramo ateganya gukorera muri Amerika, Canada, muri Afurika n’ahandi hanyuranye.

Igitaramo cya mbere azagikorera mu Mujyi wa Edmonton muri Canada, ku wa Gatandatu tariki 13 Ukuboza 2025. Ni igitaramo azahuriramo na Ikirezi Deborah, umukobwa wa Massamba Intore, umukirigitananga Daniel Ngarukiye n'abandi.

Ni igitaramo kibaye igihe nyacyo cyo guhuzwa n’abafana be baba muri Amerika y’Amajyaruguru, kandi mu buryo bw’umwihariko, kikaba mu gihugu kirimo umubyeyi we.

Lionel Sentore, ubarizwa mu Bubiligi, amaze igihe azamura umuziki nyarwanda mu ruhando mpuzamahanga, akoresheje injyana gakondo afatanyije n’amajwi ye adasanzwe.

Album ye nshya, ‘Uwangabiye’, irimo indirimbo zitandukanye zigaragaza umuco n’ubuzima bwa kinyarwanda, akaba ari ikimenyetso cyo gukomeza guhesha agaciro umuziki gakondo n’umuco w’u Rwanda ku isi yose.

Aheruka i Kigali, mu gitaramo yakoze tariki 27 Nyakanga 2025 cyabereye muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali, yamurikiyemo Album ‘Uwangabiye’. Ni igitaramo yahuriyemo n’abarimo Ruti Joel, Jules Sentore n’Itorero Ishyaka ry’Intore.

Album ye iriho indirimbo nka: ‘Umukobwa w’abeza’, ‘Teta’, ‘I.U.O.A.E’, ‘Uko bimeze’ yakoranye na Mike Kayihura, ‘Urera’ yakoranye na Elysee, ‘Uwangabiye’ ari na yo yitiriye Album, ‘Hobe’, ‘Mukandori’ yakoranye na Angela, ‘Ntaramanye’, ‘Urukundo’ yakoranye na Boule Mpanya, ‘Yanyuzuye umutima’ ndetse na ‘Haguruka ugende’.

Lionel Sentore yahuye n’umubyeyi we nyuma y’imyaka 13 ishize baba mu bihugu bitandukanye 

Lionel Sentore aherutse kugaragaza ibitaramo agiye gukorera muri Canada no mu bindi bihugu

KANDA HANO UBASHE KUMVA ALBUM ‘UWANGABIYE’ YA LIONEL SENTORE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...