Byari ngombwa! Francis Zahabu yavuze 'bwa mbere' ku mpamvu yasezeye muri filime City Maid –VIDEO

Imyidagaduro - 24/08/2025 6:36 AM
Share:

Umwanditsi:

Byari ngombwa! Francis Zahabu yavuze 'bwa mbere' ku mpamvu yasezeye muri filime City Maid –VIDEO

Umukinnyi wa filime wamamaye nka Francis Zahabu yatangaje ko gusezera muri filime y’uruhererekane City Maid ari kimwe mu byemezo bikomeye yafashe mu buzima bwe, nubwo yari filime yamuhaye ibihe byiza mu rugendo rwe rwa sinema.

Ku wa 3 Nzeri 2024, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Francis yatangaje ko ashyize akadomo ku rugendo rwe rwo gukina muri City Maid, nyuma y’imyaka itatu ayikinamo yitwa Steven.

Mu kiganiro Echoes of Fame cya InyaRwanda, yavuze ko kwinjira muri iyi filime byari uburyo bwo kugaruka muri sinema nyuma y’igihe kirekire yari amaze yibanda ku guhanga imideli.

Ati: “Fashion, bitewe n’urwego nari nayisizeho, byansabaga imbaraga nyinshi. Nibajije nti ni iki kinsaba imbaraga nke ariko kikaba ari umwuka wanjye, impano yanjye? Ni Cinema. Ni ko nisanze nongera kwinjira muri filime.”

Nubwo yishimiye urugendo rwe muri City Maid, Francis yavuze ko gusezera muri iyi filime ari kimwe mu byemezo bikomeye yafashe mu buzima bwe.

Ati: “Ku bw’urukundo rwanjye rwa Cinema, kugeza uyu munsi biri mu myanzuro ikomeye nigeze gufata. Njye ntabwo akenshi mbaho kubera ibyo nshaka, ahubwo mbaho kugira ngo nsohoze icyo numva kindimo. Iyo rero bigeze aho bikagusaba gufata umwanzuro ukomeye, ntibiba byoroshye.”

Yavuze ko yamenye neza ko icyo cyemezo cyagize ingaruka ku bafana be kuko impinduka zose zigora, ariko anashimangira ko igihe bamumaranye yabahaye umunezero n’imbaraga ze zose.

Ati: “Icyo gihe twamaranye n’abafana nabahaye ibyishimo. Natanze imbaraga zanjye uko nagombaga kuzitanga, natanze impano yanjye 100%. Ariko naje kwibaza niba nanjye iyo filime yangaruriye 100% mu byo nari niteze. Ni ho nahereye mfata uwo mwanzuro."

Francis yasobanuye ko kimwe mu byatumye asezera ari uko gukina muri filime nyinshi, n’ubwo ari byiza, nta nyungu ifatika bigarurira abakinnyi. Ati: “Nta kintu kinini kirimo. Ni kimwe mu byatumye mfata umwanzuro wo kuva muri City Maid.”

Nubwo bimeze bityo, yavuze ko igihe cyose yakwiyambazwa mu yindi mishinga azaba yiteguye gukorana, ariko igihe ibyo asaba bizaba byubahirijwe.


Francis Zahabu ari kumwe n’abarimo Nadia ubwo bakinaga muri filime ya ‘City Maid’


Natanze impano yanjye 100% muri City Maid – ariko nanjye nibajije niba impano yarampaye 100% y’ibyo nari niteze  - Francis Zahabu


Kwiyemeza gusezera muri City Maid biri mu byemezo bikomeye nafatiye ubuzima bwanjye –Francis Zahabu

Nubwo impinduka zigoranye, ntekereza ko abafana banjye nabahaye ibyishimo mu gihe twamaranye- Francis

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA FRANCIS ZAHABU



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...