Byari ibyishimo mu isabukuru y’amavuko ya Dylan wa Mobeto na Diamond Platnumz ufatwa nk'umwami n'abagore be

Imyidagaduro - 09/08/2021 12:07 PM
Share:
Byari ibyishimo mu isabukuru y’amavuko ya Dylan wa Mobeto na Diamond Platnumz ufatwa nk'umwami n'abagore be

Diamond Platunmz amaze kubyarana n’abagore bagera kuri batatu abana bane, aba bose n’ubwo byagiye birangira badakomezanyije, ariko bamufata nk’umwami nk’uko byakomeje kwigaragaza mu bihe by’isabukuru z’abana babyaranye.

Diamond Platnumz yavutse ku itariki ya 02 Ukwakira 1989. Ku myaka 31, afite abana 4 barimo babiri yabyaranye na Zari Hassan ari nabo bakuru barimo imfura yitwa Latifah Dangote wavutse kuwa 06 kanama 2015 na Prince Nillan wavutse mu ukuboza 2016. Abandi bana be ni Dylan Abdull Naseeb wavutse kuwa 08 kanama 2017 yabyaranye na Hamisa Mobeto, hakaba kandi na Naseeb Junior  wavutse ku itariki imwe na se, 02 Ukwakira  mu mwaka wa 2019 yabyaranye na Tanasha Dona.

Kuwa 08 Kanama 2021, ubwo umuhungu wa Diamond witwa Dylan yabyaranye na Mobeto yuzuzaga imyaka 4, Diamond yamwifurije isabukuru nziza agira ati: “Yego! Intare ntoya yavutse none ". Yongeraho n’ijambo ry’Igikomangoma byo kwerekana ko ari uwo mu bwami bwe. Ubwo ibyo byabaga, umugore muto Tanasha Dona nawe yagize ati: “Umunsi mwiza w’amavuko mwami muto Dylan, Imana yuzuze umugisha umunsi wawe."

Hagati aho Hamisa Mobeto, nyina wa Dylan, yari yateguye ibirori anatumira abantu baje gucurangira umwana we umuziki barawuceka karahava, nawe yanifurije isabukuru nziza umuhungu we Dylan agira ati: “Umunsi mwiza w’amavuko mwana wanjye ndagukunda cyane mukundwa, Imana ikurinde ku bwanjye." Mu bundi butumwa buherecyejwe n’ifoto y’abana babiri, Mobeto yatomoye umwana we na Diamond amugereranya n’umwami.Dylan Abdull Naseeb umuhungu wa Diamond Platunmz na Mobeto wizihizaga isabukuru y'amavuko y’imyaka 4 kuri uyu wa 08 Kanama 2021

Ibi birori bikaba bije bikurikirana n’ibya mushiki wa Dylan, Dangote wizihije isabukuru y’amavuko y'imyaka 6, mu minsi itatu ishize.  Icyo gihe, Diamond yafashe umwanya yifuriza “igikomakazi " Dangote, isabukuru nziza agira ati: “Umunsi mwiza w’isabukuru mukundwa, mukobwa wanjye, igikomangomakazi Tifah; amagambo ntiyasobanura uko ngukunda   Nyampinga w’isi wanjye, ndumva ntategereza guhura ngo twishimane kuwa gatandatu."

Nyina wa Tifah, Zari  Hassan, nawe yakoresheje amagambo agaragaza ko Diamond  ari umwami n’abana be bakaba ibikomangoma agira ati: “Igikomangomakazi cyo mu bwami bwa Tanzania cyujuje imyaka itandatu kuri uyu wa 06 Kanama 2021, umunsi mwiza w’amavuko mutima wanjye wose."Latifah Dangote imfura ya Diamond yabyaranye na Zari Hassan wujuje imyaka itandatu kuwa 06 Kanama 2021Mobeto ari kumwe n'abana be babiri harimo umuhungu yabyaranye na Diamond Platnumz, DylanZari Hassan na Latifah Dangote iyi nimwe mu mafoto yasangije abantu muri iki gitondo cy'uwa 09 Kanama 2021 avuga ko azahora afasha umwana we kwambara ikamba neza anavugiraho avuga ko ataramenya kwitera ibitungo

Ahabereye ibirori bya Dylan Abdull NaseebUbutumwa bw'umugore muto Tanasha Dona yifuriza umwami muto isabukuru nziza

Byari ibirori byitabiriwe n'abakuze babyinnye karahavaAbaje kuririmbira Dylan banazanye umutsima w'umunsi w'amavuko

Ibirori bya Dangote kwa Zari naho birakomeje


 

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...