Iri
serukiramuco ryabaye kuva ku wa 19 kugeza ku wa 21 Werurwe 2026, ryahuje
abahanzi b’ingeri zitandukanye, ririmo abahanzi b’indirimbo, abasizi, abakinnyi
ba filime ndetse n’abanyabugeni, bose bahuriye ku ntego imwe yo guteza imbere
umuco nyarwanda no gusangira ibihangano.
Madederi,
wamamaye cyane muri filime ‘Papa Sava’, yabwiye InyaRwanda, ko uru rugendo
rwari rudasanzwe kuri we, cyane cyane kuko ari bwo bwa mbere yari agerageje
kwinjira mu busizi ku rubyiniro mu buryo bwagutse kandi bufite ubunyamwuga.
Yagize
ati: “Siga Arts Festival yabaye urubuga rudasanzwe kuri njye. Ni bwo bwa mbere
nakoze ‘Performance Live’ nk’umusizi mfatanyije n’abanyempano badasanzwe, kandi
byari ubunararibonye budasanzwe.”
Uyu
mugore yagaragaje ko kimwe mu byamukoze ku mutima ari uburyo ashobora gufata
ibitekerezo byinshi mu gihe gito, akabihindura igisigo gifite ubuzima, kigera
ku mitima y’abacyumva.
Mu
byo yakoze kuri uwo munsi, Madederi yinjiye mu mico itandukanye y’uduce
tw’inkuru zitandukanye, aho yigaragaje nk’ufite ubushobozi bwo kwihinduranya mu
buryo butangaje.
Yivugaga
nk’Imana iri mu ijuru icira imanza abari mu isi, agaragara kandi nk’umuntu uri
mu nkuru zifite imizi mu myemerere n’imigani, akinamo nka Satani, Delira,
Joseph, Eva n’abandi batandukanye.
Yavuze
ko ibi byose byari urugendo rwuzuye amarangamutima, ubuhanga no kwinjira mu
mico itandukanye, ibintu byamusigiye amasomo akomeye azamufasha mu rugendo rwe
rw’ubuhanzi.
By’umwihariko,
yashimye cyane itsinda ‘Ibyanzu’ bakoranye, agaragaza ko rifite abahanzi bafite
impano ikomeye.
Ntabwo
yagarukiye aho gusa, kuko yanashimye uruhare rukomeye rw’umusizi Rumaga, umutoza
w’iri tsinda, ufite uruhare rukomeye mu kubaka no gutyaza impano z’abarigize.
Madederi
yavuze ko n’ubwo asanzwe afite ubunararibonye muri ‘theatre live’, ubusizi bwo
bumusabye imbaraga zidasanzwe zirimo gufata ibintu byinshi mu mutwe,
kubikurikiranya neza no kubihindura igisigo gifite umurongo uhamye.
Ati:
“Icyangoye ni ugufata ibintu byinshi mu mutwe, kubikurikiranya neza, kandi
byose bikaba igisigo gifite umurongo n’ubuzima.”
Nubwo
byari bishya kuri we, yavuze ko yishimira cyane intambwe yateye, cyane ko
igitaramo cye cya mbere nk’umusizi cyabereye mu iserukiramuco rikomeye nka Siga
Art Festival.
Yagize
ati: “Kuba ‘Performance’ yanjye ya mbere nk’umusizi yarabereye muri Siga Arts
Festival ni ishema rikomeye kuri njye.”
Yongeyeho
ko iri serukiramuco rifite uruhare rukomeye mu guteza imbere umuco nyarwanda no
gusubiza abantu ku nkomoko yabo, ari na yo mpamvu asanga rikwiye gushyigikirwa
no gukomeza gutegurwa.
Mu
gusoza, Madederi yagarutse ku masomo yigiye muri uru rugendo, arimo kumenya ko
inyuma y’umuhanga haba hari undi muhanga, ko ubufatanye bushobora kubyara
ibintu bikomeye, ndetse ko kwiga no kugerageza ari ingenzi mu rugendo
rw’umuntu.
Yanasize
inama ku rubyiruko, arusaba gukunda no gusigasira umuco nyarwanda, avuga ko ari
wo uranga Abanyarwanda aho bari hose.
Ibi
byose bishimangira ko Madederi ari umwe mu bahanzi bari kwigaragaza mu buryo
bushya, aho ari kwagura impano ye ava muri sinema akinjira no mu busizi, ibintu
bishobora kumufasha kugera kure mu ruhando rw’imyidagaduro nyarwanda.
Madederi
ku rubyiniro rwa Siga Art Festival, mu mukino wuzuyemo amarangamutima
n’ubuhanga budasanzwe
Mu
iserukiramuco rya Siga Art Festival, Madederi yerekanye impano ye irenze gukina
filime