Muri
abo harimo Uwase Muyango Claudine uzwi nka Miss Muyango na Gateka Brianne
wamamaye nka DJ Brianne, bari barubatse izina nk’abakorana batandukanye
n’abandi.
Aba
bombi bigeze kugera ku rwego rugaragaza ko imikoranire yabo irenze akazi
gasanzwe. Bahuriraga mu birori bitandukanye, bagafatanya kuyobora ibitaramo
(hosting), ndetse kenshi bagasangira ibitekerezo ku mbuga nkoranyambaga no mu
biganiro bagaragaragamo hamwe.
Byatumaga
benshi babafata nk’abantu badashobora gutandukana mu kazi, ndetse hari
n’ababonaga ko bafite ubucuti bwihariye.
Icyakora,
uko iminsi yagiye ishira, hatangiye gucicikana amakuru ku miyoboro ya YouTube
atandukanye agaragaza ko aba bombi batagicana uwaka, ibintu byateje urujijo mu
bakurikiranira hafi imyidagaduro nyarwanda.
Nubwo
ayo makuru yavugwaga hirya no hino, ukuri kwaje kujya ahagaragara binyuze mu
biganiro byabo bombi, aho buri umwe yasobanuye impamvu yatumye imikoranire yabo
igera ku iherezo.
Mu
kiganiro DJ Brianne yagiranye na Isibo TV mu rubuga rwitwa ‘The Choice’,
yasobanuye ko icyemezo cyo gutandukana na Miss Muyango kitatewe n’amakimbirane,
ahubwo cyaturutse ku nzozi yari asanganywe zo kwikorana no kugerageza
ubushobozi bwe bwite.
Yavuze
ko kuva kera yari afite intego yo gukora ibintu bye wenyine, akareba aho
ashobora kugera adafashijwe n’undi muntu. Yatanze urugero ku bandi bakora
‘hosting’ bakoresha izina ryabo bwite, bituma nawe yibaza impamvu atagerageza
gukora wenyine.
DJ Brianne yagize ati “Uretse ko wenda bibaye ubu, njye kuva na mbere namye nshaka gukoresha imbaraga zanjye njyenyine [...] Naricaye ndeba ndavuga nti Dj Marnaud akora wenyine, abandi ba 'Host' benshi bagiye babivamo, ndavuga nti kuki njyewe Brianne ntatangira ibintu byanjye njyenyine!
Ikindi kandi nashakaga kubaka
ibintu byanjye birimo na 'Best friend' wanjye Tesha, erega Tasha nawe asanzwe
ya 'Hosting'. Rero, ibyo bintu nari mbifite muri njyewe nshaka kwikorana niba
nti njyewe Brianne nshoboye iki hatarimo imbaraga z'undi muntu?"
Ati: “Na mbere hose nahoze nshaka kwikorana kugirango ndebe ngo nshoboye iki?
Muyango kenshi twahuriraga mu kazi nta wundi mubano wihariye wo ku ruhande. Ni
akazi gusa k'imikoranire, tukavugana dukore iki? Tuzambara iki? Tukavugaana,
ibindi byo ku ruhande, Oya! Umuntu w'inshuti yanjye ni Tesha."
Yanavuze
ko n’ubwo yakoranaga na Miss Muyango, ubucuti bwabo bwagarukiraga ku kazi gusa,
ko nta mubano wihariye wo hanze y’akazi bari basangiye. Yashimangiye ko inshuti
ye ya hafi ari undi muntu utari Muyango, bityo ko ibyo abantu babonaga
nk’ubucuti bukomeye byari akazi gusa.
Ku
bijyanye n’ibihuha byigeze gukwirakwira bivuga ko yaba yaragize uruhare mu
gutandukana kwa Miss Muyango n’uwahoze ari umugabo we Kimenyi Yves, DJ Brianne
yabihakanye yivuye inyuma, abifata nk’amagambo adafite ishingiro.
Yagaragaje
ko ayo makuru nawe yayabonye agatungurwa, ashimangira ko nta mbaraga afite zo
gusenya urugo rw’abandi, ndetse ko nta mubano wihariye yari afitanye na Muyango
uretse akazi.
Ku
ruhande rwa Miss Muyango, nawe yemeje ko batagikorana, ariko agaragaza
ubunyamwuga mu magambo ye, yirinda kuvuga byinshi ku mubano wabo wihariye.
Mu
kiganiro yagiranye na RUA Rwanda, Muyango yavuze ko buri wese yahisemo gukora
ku giti cye, anongeraho ko adakunda kuvuga ku bantu baba barigeze kuba inshuti
ze, cyane cyane iyo batakiri kumwe mu bikorwa bya buri munsi.
Avuga ati: "Kuba tutagikorana, nabwo turi gukorana umwe wese yahisemo kuba yakora ku giti cye. Hanyuma ikindi si njya mvuga ku bantu twabaye inshuti cyane cyane ko ntaba nzi ibizaza cyangwa se ibyahise.
Ntubaha ko nakumenye, kandi nkubaha
ibyiza byabayeho, rero iyo igihe kigeze tugatandukana, ibyo bintu icyo gihe
mpitamo kubiguma ku giti cyanjye. Ndabifuriza ibyiza mu byo bakora byose, kandi
nanjye ntekereza ko ari ibyo bakabaye banyifuriza."
Yongeyeho
ko yifuriza DJ Brianne amahirwe masa mu byo akora, anagaragaza ko nawe yiteguye
gukomeza urugendo rwe ku giti cye, akoresheje imbaraga ze.
Ibi
bigaragaza ko n’ubwo ubufatanye bwabo bwari “cira aha nikubite” mu maso ya
benshi, inyuma yabwo hari inzozi z’umuntu ku giti cye, zishobora gutuma inzira
zihuriraho zitandukana.
Guhitamo
kwikorana kwa DJ Brianne no gukomeza urugendo rwe, kimwe n’icyemezo cya Miss
Muyango cyo gukomeza wenyine, ni urugero rw’uko mu myidagaduro, ubufatanye
bushobora kurangira ariko buri wese agakomeza kubaka izina rye.


