Uyu mukino wabaye ku wa Gatanu
tariki ya 4 Nzeri 2026, ubwo u Rwanda rwizihizaga ku nshuro ya 21 umuhango wo
Kwita Izina abana b’ingagi.
Wari umwihariko w’uyu muhango kuko
ubutumwa bwo kurengera ibidukikije bwatanzwe mu buryo bw’ubuhanzi, bukomatanya
umuziki, gukina ndetse n’ubutumwa bwubakiye ku kamaro ko kubungabunga
ibinyabuzima n’ibidukikije.
Umukino wahimbwe n’umuhanzikazi
akaba n’umukinnyi wa filime Malaika Uwamahoro, uzwi nka Malaika, afatanyije na
Amza Niyonzima uzwi nka Nyambo Masa Mara.
Muri uyu mukino hagaragayemo abarimo
Bushali, Kenny Sol, Marina na Teta Diana, bagatanga ubutumwa bwatambutse imbere
y’abitabiriye umuhango wo Kwita Izina.
Mu bice by’umukino, ubutumwa bwo
kurengera ibidukikije bwagaragaraga mu ndirimbo n’imvugo z’abakinnyi. Bushali
yagaragaye aririmba amagambo ashimangira umuhate n’icyizere cyo gukomeza
kubungabunga ibidukikije.
Uyu mukino wari ugamije kwibutsa ko
kurengera ibidukikije atari inshingano y’umuntu umwe, ahubwo ko ari uruhare rwa
buri wese, cyane cyane mu kubungabunga ibinyabuzima birimo ingagi.
Marina, umwe mu bagize uruhare muri
uyu mukino, yavuze ko byari iby’agaciro kuri we kuba yaragize uruhare mu
gihangano cyahurije hamwe ubuhanzi n’ubutumwa bwo kurengera ibidukikije.
Mu kiganiro yagiranye na
InyaRwanda, yavuze ko yishimiye cyane kuba yarabaye umwe mu bahanzi bitabiriye
iki gikorwa, by’umwihariko kuko cyabereye mu muhango ukomeye ku Rwanda.
Ati: “Ni performance mvuga ko
yarimo ubuhanzi cyane. Ikindi, yari umuhango wo Kwita Izina abana b’ingagi
ubaye ku nshuro ya 21. Byari byiza kuri njye, ariko kandi byari iby’agaciro
kuri njye kuba nari mu bahanzi bataramiye abantu.”
Marina yavuze ko kuba uyu muhango
warahuje ubuhanzi n’ubutumwa bwihariye byatumye awishimira kurushaho.
Uyu mukino ntiwari ugamije gusa
gususurutsa abitabiriye Kwita Izina, ahubwo wari unafite ubutumwa bwagutse bwo
gushishikariza abantu kugira uruhare mu kubungabunga ibidukikije.
Marina yavuze ko indirimbo zakozwe
muri uyu mukino zari zigamije gufasha abantu gusobanukirwa uruhare rwabo mu
kurengera ibidukikije, kwita ku ngagi no kubungabunga ibinyabuzima.
Ibi byatumye ubuhanzi buba imwe mu
nzira zo kugeza ku bantu ubutumwa bujyanye no kubungabunga umutungo kamere w’u
Rwanda.
Kwita Izina ni umwe mu mihango
ikomeye mu bukerarugendo no kubungabunga ibidukikije mu Rwanda. Kuva watangira,
wagiye uba umwanya wo kwerekana umuhate w’u Rwanda mu kurengera ibinyabuzima,
cyane cyane ingagi zo mu misozi.
Kuri Marina, uyu muhango ufite
agaciro kihariye kuko ugaragaza uruhare rw’u Rwanda mu kubungabunga ibidukikije
no guteza imbere imyumvire yo kubirengera.
Yagaragaje ko kuba abahanzi
bashobora kugira uruhare muri uyu muhango bifasha ubutumwa bwawo kugera ku
bantu benshi, kuko ubuhanzi bufite ubushobozi bwo gutuma ubutumwa bw’ingenzi
burushaho kumvikana no kugera ku bantu mu buryo bworoshye.
Mu Kinigi, ubuhanzi rero bwabaye
ikiraro cyahuje imyidagaduro n’ubutumwa bw’ibidukikije. Marina na bagenzi be
bakoresha umuziki n’imikino mu kwibutsa abitabiriye ko kurengera ingagi
n’ibidukikije muri rusange ari inshingano ihuriweho na buri wese.
Kuri Marina, kuba yaragize uruhare
muri iki gihangano byari amahirwe yo gukoresha impano ye mu kintu kirenze
imyidagaduro, gutanga ubutumwa bushobora kugira uruhare mu gukangurira abantu
kubungabunga ibidukikije n’ibinyabuzima by’u Rwanda.
Marina yatangaje ko yashimishijwe
no kugira uruhare mu mukino wagaragaje uruhare rwo kurengera ibidukikije
