Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Igor Mabano yavuze ko yari amaze amezi atatu
adashyira hanze indirimbo nshya, kuko yari ahugiye mu gutunganya imishinga
itandukanye, harimo n’iyi ndirimbo “Wallah” yari amaze igihe ategura.
Yagize
ati: “Amezi atatu arashize ndi kwita ku mishinga itandukanye harimo n’indirimbo
‘Wallah’ nk’umwe mu mishinga nifuza guha abantu muri iyi minsi.”
Mu
itunganywa ry’iyi ndirimbo nshya, Mabano yakoranye bya hafi na mugenzi we
Prince Kiiiz, asobanura ko basanzwe bafatanya mu bikorwa byinshi byo muri
studio.
Ati:
“Prince Kiiiz ni umwe mu bo dukorana bya hafi muri ‘studio’ nka ‘assistant’ mu
mishinga imwe n’imwe yaba iyanjye cyangwa iy’abandi.”
Uretse
umuziki we bwite, Igor Mabano yavuze ko yishimiye cyane umusaruro yatanze kuri
filime “Ben’Imana”, by’umwihariko nyuma y’uko iyi filime yegukanye ibihembo
bikomeye bibiri birimo Caméra d’Or, n’igihembo ‘FIPRESCI’ mu cyiciro cya ‘Un
Certain Regard’.
Yagaragaje
ko ibyo yakoze kuri iyi filime bishobora kumubera urufunguzo rwo kwagura
ibikorwa bye ku rwego mpuzamahanga, cyane cyane mu bijyanye no gukora amajwi
yifashishwa muri filime.
Ati:
“Filime ‘Ben’Imana’ ni imwe muri filime nakozeho itwaye igikombe gikomeye. Kuba
narayikozeho ni imwe mu nzira zishobora gufungura imikoranire n’aba producer
mpuzamahanga bakenera abakora Music Soundtrack.”
Mabano
yavuze ko amajwi yose yumvikana muri iyo filime ari we wayakoze, nubwo byasabye
igihe kinini bitewe n’uburyo yakoranaga n’abari bayitegura bari hanze y’u
Rwanda.
Yagize
ati: “Filime ifite ‘soundtrack’ nyinshi kandi zose ninjye wazikoze nk’akazi kuko
ari cyo bifuzaga. Byatwaye igihe kuko buri gihe wakoraga bakaguha ibyo
gukongeramo. Kandi twakoraga turi kure kuko bamwe bari mu Bufaransa, njye nkiri
mu Rwanda.”
Uyu
muhanzi yavuze ko yatangiye gukora kuri ayo majwi muri Ukuboza 2025, aza
kurangiza uwo mushinga muri Mata 2026.
Indirimbo
“Wallah” ije ikurikira ibikorwa bitandukanye Igor Mabano amaze iminsi
ahugiyemo, ndetse ikaba ari imwe mu ndirimbo ateganya guha abakunzi be muri uyu
mwaka, mu gihe akomeje no kwagura ibikorwa bye mu rwego rwo gukora amajwi
akoreshwa muri filime zo mu Rwanda no hanze yarwo.

Igor
Mabano yatangaje ko yashimishijwe no gukora ‘sound track’ ya filime ‘Ben’Imana’

Igor
Mabano avuga ko ari kwitegura gufata amajwi y’iyi ndirimbo ye nshya
Filime
Ben’Imana ya Dusabejambo Marie Clementine yatwaye igihembo cya 'Camera d'or' n’icya
‘FIPRESCI
